00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Teta Diana yataramiye abanya-Kigali nyuma y’imyaka ibiri, ahamya ko i Burayi hahanda (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 9 December 2024 saa 10:45
Yasuwe :

Umuhanzikazi Teta Diana wamamaye mu muziki wiganjemo ushamikiye kuri gakondo Nyarwanda, yataramiye i Kigali nyuma y’igihe kinini amaze aba i Burayi.

Yataramiye mu Mujyi wa Kigali, muri Atelier du Vin kuri iki Cyumweru tariki 8 Ukuboza 2024. Ni igitaramo yahuriyemo n’abandi bahanzi barimo Umukondo Gatore, Itorero Inganzo Ngari na Boukuru cyiswe ‘Ingata y’umuco’.

Abahanzi bose bamubanjirije, bagaragaje ubuhanga mu kuririmba no kubyina, bibanda kuri gakondo isanzwe inyura benshi.

Teta Diana ni we wasoje iki gitaramo cyitabiriwe n’abakunzi b’injyana gakondo, aririmba ibihangano bitandukanye birimo ibye bwite n’iby’abandi bahanzi bamenyekanye mu Rwanda.

Mu bitabiriye iki gitaramo harimo abahanzi nka Jules Sentore, Muyango, Impakanizi n’abandi n’abayobozi mu nzego zitandukanye.

Teta Diana yinjiranye ku rubyiniro indirimbo zirimo “Ihorere Munyana’’ yamamaye cyane mu bihe byo hambere, “Mpore” ya Cecile Kayirebwa, “Iwanyu” yitiriye album yasohoye mu 2019 yanagurishirizwaga ahabereye igitaramo na “Iyo Ngwe”.

Yagiye kuririmba indirimbo yise “None n’ejo” avuga ko ayituye abagore n’abakobwa bari bitabiriye igitaramo cye.

Ati “Nandika iyi ndirimbo natekereje kuri mama, nyogokuru…abamama bose bagize uruhare ngo mvuke. Abagore bose ndayibatuye.”

Iyi ndirimbo yayikurikije iyo yise “Birangwa”, avuga ko yayiririmbiye umubyeyi we (Se) yabuze akiri muto. Arangije ati “Ngiye kubaririmbira indirimbo nandikiye umubyeyi wanjye, nasanze atari iyanjye gusa.”

Uyu muhanzikazi yaririmbye izindi ndirimbo ze zirimo “Uzaze’’ iri kuri EP yise “Umugwegwe” yagiye hanze mu 2021. Ajya kuririmba iyi ndirimbo na yo yahamije ko ‘i Burayi ni heza, ariko harahanda’.

Yaririmbye izindi ndirimbo ze ariko ageze aho ahamagara umuhanzi Impakanizi uri kuzamuka neza muri iki gihe, avuga ko ari umwe mu banyempano bihariye mu muziki nyarwanda, mu njyana gakondo. Uyu musore yaririmbye indirimbo ye yise “Ingabe” yishimirwa by’ikirenga.

Umuhanzikazi Teta Diana ubusanzwe aba muri Suéde, yari amaze imyaka ibiri nta gitaramo akoreye mu Rwanda.

Ni ijoro ritazibagirana ku bakunzi b'injyana Nyarwanda
Umuhanzi Jules Sentore na Teta Diana bagaragaje ubuhanga bwabo mu kuririmba
Impakanizi akurikiye igitaramo mbere y'uko ahabwa umwanya
Itorero Inganzo Ngari ryasusurukije abitabiriye igitaramo
Impakanizi yahawe umwanya muri iki gitaramo aririmba indirimbo ye yitwa Ingabe
Gatore Yannick ni umwe mu bahanzi baririmbye muri iki gitaramo
Umuhanzikazi Boukuru yaririmbye ibihangano bitandukanye
Gabriel Hermansson ucuranga guitar yashimishije benshi mu gitaramo cya Teta Diana
Benshi bashatse uko batahana ifoto y'urwibutso
Ibyishimo byari byose ku bitabiriye igitaramo cya Teta Diana i Kigali
Abarimo umuhanzikazi Milly [uri ibumoso] bitabiriye iki gitaramo
Abitabiriye igitaramo bafashe amafoto y'urwibutso
Abakobwa b'Itorero Inganzo Ngari bagoroye imbavu biratinda
Abasore babyina mu Itorero Inganzo Ngali batambukanye umucyo muri ki gitaramo
Abakunzi b'umuziki Nyarwanda bageze aho bacinya akadiho

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .