Ni igitaramo uyu munyarwenya yakoranye n’abo mu Rwanda basanzwe bamenyerewe muri ibi bitaramo, ari na bo babanje gususurutsa abitabiriye Gen-Z Comedy.
Mu babimburiye Teacher Mpamire harimo Jonathan, Biden Seka, Eric w’i Rutsiro, Isacal, Ishimwe Joseph, Rumi, Kaduhire Kadudu na Dudu.
Nyuma y’uko aba banyarwenya banyuze imbere y’abakunzi b’ibi bitaramo, Fally Merci usanzwe abitegura yahise yakira MC Murenzi wagize umwanya wo kuganiriza urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo.
Uretse kunyura mu rugendo rwe mu bijyanye n’itangazamakuru yamamayemo mbere yo kwerekeza muri Amerika, MC Murenzi yanagarutse ku myiteguro ya Kigali Street Ball ari gutegura mu Mujyi wa Kigali ku wa 19-20 Nyakanga 2025.
Nyuma ya MC Murenzi, Teacher Mpamire yahise ajya ku rubyiniro atangira gususurutsa abakunzi be mu mukino akina yigize umwarimu.
Ni umukino aba yakoze nk’umwarimu uri mu ishuri mu gihe abitabiriye igitaramo aribo aba akoresha nk’abanyeshuri ubundi si ugutera urwenya akivayo.
Nyuma y’uyu mugabo uturuka muri Uganda, hakurikiyeho umunyarwenya Pirate umaze gushyira izina rye ku rwego rwo hejuru, ashimisha abari bitabiriye Gen-Z Comedy.
Teacher Mpamire uzwiho no gukina yigana Perezida Museveni, yongeye gusubira ku rubyiniro akina uyu mukino washimishije abatari bake.
Iki gitaramo cyapfundikiwe na Umushumba, umwe mu banyarwenya bamaze gushyira izina rye ku rundi rwego mu bijyanye no gusetsa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!