Aba banyarwenya bitabiriye igitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’ gitegurwa n’umunyarwenya Fally Merci, kikaba kimaze kubaka izina mu kuzamura impano z’abanyempano batandukanye.
Iki gitaramo biteganyijwe ko kizabera muri Camp Kigali ku wa 25 Nyakanga 2024.
Uretse aba banyarwenya, iki gitaramo cyanatumiwemo abandi banyarwenya nka Pirate, Ambasaderi w’abakonsomateri, Rumi, Clement Inkirigito, Dudu, Keppa na Muhinde na ho uzaba akiyoboye ni Fally Merci.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Fally Merci yagize ati “Aha ni ho twe abakunda gusetsa cyangwa guseka tuzabyinira intsinzi. Ni igitaramo cyo kwishimira amahitamo yacu.”
Dr. Hilary Okello yaherukaga gutaramira i Kigali ku wa 21 Werurwe 2024 ubwo yari yitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka ibiri ibitaramo bya Gen-Z Comedy bimaze bitangiye.
Ku rundi ruhande, Teacher Mpamire we ni ubwa mbere agiye kwitabira ibitaramo bya Gen-Z Comedy bimaze kubaka izina mu myidagaduro yo mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!