00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

T.I yasezeranye n’umukunzi we nyuma y’imyaka 16 babana

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 3 August 2026 saa 06:05
Yasuwe :

Umuraperi w’Umunyamerika T.I n’umukunzi we Tinny Harris bongeye gukora ubukwe mu birori bibereye ijisho nyuma y’imyaka 16 bakoze ubwa mbere.

Ni ibirori byabereye muri Jamaica ku wa 1-2 Kanama 2026. Byitabiriwe n’abo mu miryango y’impande zombi n’inshuti zabo za hafi bambaye imyenda yera.

Uyu mugore we yagiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko yishimiye ibyabereye muri uwo muhango wo gusezerana kandi ko Imana yababaye hafi mu rugendo rwabo.

Ati “Ejo byari ibitangaza! Warakoze cyane mukunzi kongera gukora ubukwe nanjye nyuma y’imyaka 16 nk’uko nabishakaga. Ubukwe bwacu mu myaka 16 ishize buzandikwa mu mateka nka bumwe mu buhambaye bwabayeho ku Isi. Imana yabaye nziza kuri njye.”

Aba bombi bamaze igihe kini bakundana. Bashyingiranywe bwa mbere ku wa 30 Nyakanga mu 2010, nyuma y’imyaka myinshi yari ishize bakundana.

Kuva icyo gihe bagiranye ibihe byiza ndetse bagiye banakorana ibitaramo bitandukanye birimo icyo bise ‘T.I &Tiny: The Family Hustle’ n’icya ‘T.I &Tiny: Friends and Family Hustle’.

Babyaranye abana batatu ari bo King, Major na Heiress mu gihe buri wese afite abandi bana yabyaye mbere y’uko bakundana.

Umuraperi w’Umunyamerika T.I n’umukunzi we Tinny Harris bongeye
Ubukwe bwa T.I n’umukunzi we Tinny Harris bwabereye muri Jamaica

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages