00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Soloba yashyize umucyo ku makuru y’uko yirukanywe ku ngufu muri Uganda (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 July 2025 saa 10:13
Yasuwe :

Umunyarwenya Soloba wari uherutse gutabwa muri yombi na Polisi yo muri Uganda nyuma yo kumufatira mu muhanda wa High way ‘Kampala-Entebbe’, bikavugwa ko yirukanywe ku ngufu muri iki gihugu yabihakanye.

Ibi uyu munyarwenya yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aha akaba yasubizaga abibazaga ko yaba yarirukanywe ku ngufu muri Uganda nyuma yo kuhafatirwa akora ibinyuranye n’amategeko.

Abavugaga ibi babishingiraga ku kuba uyu munyarwenya yaragiye muri Uganda n’imodoka ariko yataha agatega indege kandi mashusho yafatiwe ku kibuga cy’indege akaba yaragaragaye ari kumwe n’abapolisi ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe.

Icyakora nubwo hari amakuru yavugaga ko yaba yarirukanywe ku ngufu muri Uganda, Soloba yabihakanye ahamya ko yafashwe kubera amakosa yari yakoze, icyakora avuga ko nyuma yo kwigishwa yarekuwe agataha anagiriwe inama z’uko yakwitwara ubutaha.

Ati “Hari ibyo nza gusimbuka ariko icyo nakubwira ni uko bariya ba Polisi ibyo twaganiraga ari uko filime yanjye hari ibyo nazakinira ku kibuga cy’indege.”

Uyu musore yavuze ko nta kintu cyari gutuma bamwirukana muri Uganda kuko ibyo yakoze bitari bigize n’icyaha kuko nta na dosiye yakorewe wenda ngo abe yagezwa imbere y’ubutabera.

Ati “Njye ukuntu bimeze, nazanye na bagenzi banye n’imodoka mbanza guca ku mupaka, ndongera nsubirayo kuko hari ibyo nari nibagiwe mu kugaruka mba aribwo nza n’indege. Rero ntabwo bari bunyirukane ngo mbashe gusubirayo.”

Soloba yafatiwe muri Uganda ku wa 18 Nyakanga 2025 aza kurekurwa ku wa 20 Nyakanga 2025. Kuri ubu yamaze gutaha mu Rwanda ndetse yatangiye kwitegura gushyira hanze igice cya mbere cya filime ‘Amahanga arahanda’ yari yagiye kuhakorera.

Uyu munyarwenya yavuze ko yitegura gushyira hanze igice cya mbere cy’iyi filime bitarenze ku wa 5 Kanama 2025.

Soloba yahakanye ibyo kuba yarirukanywe ku ngufu muri Uganda
Soloba yashimiye abamubaye hafi mu gihe yari yatawe muri Uganda anashimira mushiki wa Chriss Eazy wamubaye hafi
Soloba yari yafatiwe muri Uganda azira gufatira amashusho mu muhanda atigeze abisabira uruhushya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages