Iki gitaramo cya DJ Spinny byitezwe ko kizaba ku wa 18-19 Nyakanga 2026, ku ikubitiro yari yatangaje ko yagitumiyemo Kabza De Small umunya-Afurika y’Epfo uri mu bubashywe bikomeye.
Nyuma yo gutangaza Kabza De Small, DJ Spinny yahise atangaza urutonde rw’abavanga imiziki bo muri Uganda no mu Rwanda bazafatanya.
Mu b’amazina akomeye yiyambaje harimo Sheilah Gashumba uri mu bakobwa b’amazina manini muri Uganda, Fem DJ uzwi kuri KFM na NTV na Selector Jay uri mu bavanga imiziki bakomeye i Kampala.
Uretse aba ariko kandi, DJ Spinny yanatumiye abahanga mu kuvanga imiziki bagezweho mu Rwanda nka DJ Marnaud, DJ Inno na Joxy Parker.
Ni mu gihe ku rundi ruhande ibi bitaramo bizayoborwa na MC Josh wo muri Uganda afatanyije na Zuba Mutesi w’i Kigali.
Ni ku nshuro ya kabiri DJ Spinny akoreye ibi bitaramo i Kigali cyane ko ubwo yaherukaga gukora nk’ibi yabikoreye muri Zaria Court ku wa 27 Ukuboza 2025.
Ku rundi ruhande, uyu musore amaze iminsi asangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga imbamutima ze nyuma yo gutegura iki gitaramo, aho ahamya ko igitaramo cye cya mbere kinini agiye kugikorera aho yaroteye inzozi zo kuba umu DJ.
Binyuze mu mafoto asangiza abamukurikira, DJ Spinny agaragaza ko inzozi ze zatangiriye muri LDK aho yize amashuri yisumbuye mbere yo kwimukira muri Uganda aho yubakiye izina.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!