Kuva izi nkuru zatangira kuvugwa, Sheebah yahisemo kuruca ararumira, icyakora yagiye ku rukuta rwe rwa Instagram asangiza abamukurikira ifoto ye arangije agira ati “Biratangaje uburyo abantu bose banzi ubungubu.”
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Keko yavuze ko ibyari bimaze igihe bivugwa nk’ibihuha ari ukuri, asobanura ko we na Sheebah bamaze hafi imyaka ibiri bakundana mbere y’uko inzira zabo zitandukana.
Uyu muraperi yavuze ko icyo gihe Sheebah yari akiri umuhanzi urwana no kumenyekana mu gihe we yari yaramaze gufatisha, ndetse ashinja Jeff Kiwa mu kubatandukanya.
Keko yavuze ko Jeff Kiwa yasezeranyije Sheebah kuzamugira icyamamare mu muziki, bituma ahitamo gushyira imbaraga ze zose mu rugendo rw’umuziki aho gukomeza umubano wabo.
Aya magambo yongeye gukurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bagahamya ko Keko yashatse kongera kuzamukira ku nkuru ye na Sheebah mu gihe nyamara yibereye muri Canada aho ubutinganyi ntacyo butwara ubukora mu gihe muri Uganda ho ubuvuzweho usanga arebwa ikijisho n’abakunzi be.
Sheebah ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda no muri Afurika y’Iburasirazuba.
Yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo “Ice Cream”, “Nkwatako”, “Jealousy” na “Neyanze”, ndetse yubatse izina rikomeye nyuma yo kuva mu itsinda rya Obsessions agatangira urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!