Ibi Sheebah Karungi yabigarutseho mu kiganiro yatambukije kuri Podcast ye yise ‘Let’s talk about it’ nyuma y’igihe kinini avugwaho kuba umwe mu baryamana n’abo bahuje ibitsina, avuga ko babivugaga kubera uburyo yaharaniraga uburenganzira bw’abagore.
Sheebah yavuze ko ibyamuvuzweho ntacyo byabaga bimubwiye, yongeraho ko igifite agaciro kuri we ari uwo ari we ku mutima no mu mico.
Ati “Nkunda uwo nkunda, nkundana n’abantu. Icyo ni cyo gusa navuga. Niba uri umuntu mwiza, nzagukunda. Ni ibyo gusa.”
Sheebah yakomeje asobanura ko aha agaciro ineza, imyitwarire myiza n’urukundo nyakuri kurusha igitsina cy’umuntu, yongeraho ko yiteguye gukunda umuntu wese umufata neza.
Ati “Nkunda abantu. Niba ufite umutima mwiza kandi uri umuntu mwiza, ndi uwawe. Waba umugabo cyangwa umugore, ibyo simbiha agaciro, njye nkunda abantu. Uko ubisobanura, bireba wowe.”
Ku rundi ruhande, Sheebah muri iki kiganiro yatangaje ko yakemera guharikwa ndetse akanemera kuba yaba umugore wa cumi.
Ati “Ntacyo byaba bintwaye. Ntabwo ndi gukina. Nshobora kuba uwa kane, nshobora no kuba uwa cumi."
Tariki ya 24 Ugushyingo 2024 muri Canada, ni bwo Sheebah Karungi yibarutse umwana we w’imfura yabyaranye na rwiyemezamirimo w’Umugande Jaffar Suleiman utuye mu Bwongereza akaba asanzwe afite umugore n’abana batatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!