00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shakira agiye guhabwa miliyoni 64$ nyuma yo gutsinda Ubushinjacyaha bwa Espagne

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 May 2026 saa 08:26
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunya-Colombia Shakira ari mu byishimo byinshi nyuma yo gutsinda urubanza yaregwagamo muri Espagne, aho yashinjwaga kunyereza imisoro yo mu 2011 kandi yari afite ibikorwa byinjiza akayabo.

Umwanzuro w’Urukiko Rukuru rwa Espagne wasomwe kuri uyu wa Mbere, wemeje ko Shakira ari umwere kuri iki cyaha kuko muri 2011 atigeze aba muri icyo gihugu iminsi nibura igera ku 183 iherwaho bemeza ko umuntu yatuye muri Espagne.

Hagaragajwe ko muri uwo mwaka, uyu muhanzi yari afite uruhererekane rw’ibitaramo bigera ku 120 mu bihugu 37 byo hirya no hino ku Isi, nubwo yari mu rukundo n’uwahoze ari umugabo we Gerard Piqué atari afite inzu muri Espagne, nta bana yari ahafite ndetse n’ibikorwa byamwinjirizaga amafaranga bikaba bitari muri icyo gihugu.

Urukiko Rukuru rwa Espagne rwategetse ko Shakira agomba kwishyurwa miliyoni 64$ z’Amadorali, yari yaciwe nk’amande n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro muri icyo gihugu mu 2021.

Uyu muhanzi w’imyaka 49 y’amavuko ari mu bahagaze neza ku Isi muri iyi minsi aho aheruka gushyira hanze indirimbo y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ‘Dai Dai’ yakoranye na Burna Boy ndetse akaba ari mu bahanzi bazaririmba mu gitaramo kizaba nyuma y’igice cya mbere ‘Half Time Show’, ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Shakira yatsinze Ubushinjacyaha bwa Espagne bwamushinjaga kunyereza imisoro
Shakira yahoze ari umugore wa Gerard Piqué

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages