Mu kiganiro aherutse gukora, Shakib ukubutse muri Kenya, yavuze ko atigeze atandukana na Zari.
Ati “Gutandukana ntabwo bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga. Abakundana ntibemeranya ku bintu iteka ryose, kandi ibyo ntibisobanuye ko urukundo rwabo ruba rwarangiye”.
Shakib yanagaragaje ko we na Zari bakomeje kuganira no gushaka uko byakemura ibibazo byabo.
Shakib ukina n’umukino w’iteramakofe yakomeje avuga ko mu myaka itanu bamaranye, amaze kumenya neza imiterere y’amarangamutima y’umugore we Zari.
Ati “Ubu nasobanukiwe ko umugore wanjye ari umunyamarangamutima cyane kandi rimwe na rimwe avuga atabanje gutekereza ingaruka biza kugira. Ikintu cy’ingirakamaro cyane ni ukumenya gukemura ibibazo kandi ubuzima bugakomeza”.
Shakib atangaje ibi mu gihe yari amaze iminsi avugwa mu rukundo n’umuririmbyi Kin Bella wo muri Uganda, ariko ufite inkomoko mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!