00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shaffy yashyize umucyo ku rukundo yavuzwemo na Princess Priscillah, Shaddyboo na Kisitu Kirabo (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 July 2026 saa 12:05
Yasuwe :

Umuhanzi Shaffy yashyize umucyo ku makuru yigeze kumuvugwaho yo gukundana n’inkumi zirimo Princess Priscillah, Shaddyboo na Kisitu Kirabo, ahamya ko yose yari ibihuha bidafite ishingiro.

Shaffy, umaze iminsi i Kigali aho yitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze mu muziki, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE.

Agaruka kuri Princess Priscillah, Shaffy yavuze ko amakuru yavuzwe ko bakundanye, atari ukuri.

Ati "Icyo ni igihuha kidasanzwe. Byari ibihuha bishingiye ku kuba twarakoranye amashusho y’indirimbo."

Ku bijyanye na Shaddyboo, Shaffy yavuze ko ibyabavuzweho byari umugambi wo kwigaragaza no gukurura abantu, ariko ko batigeze bakundana.

Ati "Ntekereza ko byabaye mu 2019. Icyo gihe Shaddyboo yakundaga umuziki wanjye. Twaravuganye ambwira ko yifuza kumfasha kwinjira mu ruganda rw’imyidagaduro. Ibyo mwabonye byose byari ibyo twashakaga gukora kugira ngo dutwike."

Yanahakanye amakuru yavuzwe nyuma y’amashusho yakwirakwiye agaragaza ari kubyinana na Kisitu Kirabo mu gitaramo cyabereye i Kampala.

Ati "Ntekereza ko abantu babifashe uko bitari. Ntabwo twari twabiteguye. Nari ndi ku rubyiniro mbona umuntu araje ansanga, uramwakira, ukamugaragariza urukundo nk’umufana. Ni aho byarangiriye kuko ntabwo twari tuziranye. Yaraje mu gitaramo aranshyigikira, birangirira aho."

Uyu muhanzi yavuze ko kugeza ubu nta mukunzi afite, kuko yahisemo gushyira imbaraga ze zose mu muziki no guteza imbere ibikorwa bye aho kwinjira mu rukundo.

Ati "Iyo ufite ikintu ushaka kugeraho, ugomba kwiha umwanya. Ubu ntabwo mfite umwanya wo gutekereza ibyo nshaka ngo nongere mpe undi muntu uwo mwanya. Ndi njyenyine kandi nahisemo kubanza gushyira ibintu byanjye ku murongo."

Shaffy ni umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda bakorera umuziki muri diaspora, aho asanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Azwi mu ndirimbo zirimo Akabanga, Bana yakoranye na Chriss Eazy, Sèrela, Bailando, Jumbe, Sukuma n’izindi zitandukanye.

Shaffy amaze iminsi i Kigali aho yitabiriye igitaramo cya King James
Shaffy yahakanye iby'urukundo n'inkumi zirimo Princess Priscillah, Shaddyboo na Kisitu Kirabo
Shaffy yemeje ko kugeza ubu nta mukunzi afite kuko umwanya we yawuhariye gushyira imbaraga mu kazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages