00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senderi yasubiyemo indirimbo ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga si Uguhaga’ zari zimaze imyaka 20

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 7 April 2026 saa 06:15
Yasuwe :

Senderi Hit uzwi cyane mu gukora indirimbo zigisha uburere mboneragihugu ndetse n’izo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yasubiyemo indirimbo ze ebyiri ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga Si Uguhaga’.

Ni indirimbo Senderi yabwiye IGIHE ko yasubiyemo kuko zibitse amateka akomeye bityo ko zidakwiye gusaza akiriho cyane ko zifashishwa na benshi zigafasha abatari bake.

Ati “Uko imyaka igenda ishira ni ko ibihangano byacu ubona ko bisigara bijyanye n’igihe tuba twarabikoreye, hari indirimbo rero ziba zibitse amateka akomeye ku buryo numva ko ari iby’ingenzi kongera kuzivugurura yaba mu buryo bw’amajwi n’amashusho.”

Indirimbo ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga si Uguhaga’ zimaze imyaka irenga 20, Senderi ahamya ko nk’amashusho yazo wasangaga atagaragara neza ku buryo yakwifashishwa bijyanye n’aho Igihugu kigeze mu iterambere bityo ahamya ko byari bikwiye kuzisubiramo.

Ku rundi ruhande ariko muri iki gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Senderi Hit yasabye by’umwihariko urubyiruko kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Ubutumwa bwanjye ni ugusaba urubyiruko by’umwihariko n’Abanyarwanda muri rusange kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bwacu, bagoreka amateka y’Igihugu cyacu.”

Senderi Hit yibukije urubyiruko ko mu gihe izari ingabo za RPA zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga yari aho arebera, bityo ahamya ko Abanyarwanda ari bo bafite umukoro wo kurinda ibyo bamaze kwigezaho badategereje abanyamahanga.

Senderi Hit yasubiyemo anavugurura indirimbo ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga si Uguhaga’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages