00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senderi Hit agiye gukora ibitaramo icumi bizenguruka u Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 May 2026 saa 06:45
Yasuwe :

Mu rugendo rwo kwizihiza ibirori byo Kwibohora ku nshuro ya 32, Senderi Hit yatangiye imyiteguro y’ibitaramo icumi agiye gukorera mu turere dutandukanye tw’u Rwanda kuva ku wa 30 Gicurasi 2026 kugeza ku wa 2 Nyakanga 2026.

Ibi bitaramo byitezwe ko Senderi Hit azabihuriramo n’abahanzi batandukanye mu gihe abaturage bo bazabyitabira nta kiguzi basabwe.

Mu turere ibi bitaramo bizacamo harimo aka Ngoma mu Murenge wa Jarama ku Kibuga cy’ahitwa Kibimba bikomereze mu turere turimo Nyagatare, Gicumbi, Burera, Musanze, Bugesera na Kirehe.

Ibi bitaramo byitezwe ko bizahita bikomereza mu Mujyi wa Kigali mu Turere nka Nyarugenge, Kicukiro na Gasabo.

Mu kiganiro na IGIHE, Senderi Hit yavuze ko ibi bitaramo bizaba biri mu mujyo w’urugendo rwo kwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32 anafatanya n’abaturage kwishimira ibyiza bagezeho.

Ati “Tugiye kwizihiza imyaka 32 ishize twibohoye, rero nifuje gutaramana n’abaturage bo mu bice bitandukanye by’Igihugu nifatanya na bo mu kwishimira ibyo bagezeho bafatanyije n’ubuyobozi.”

Senderi Hit avuga ko ibi bitaramo yahaye insanganyamatsiko igira iti “Munyarwanda ishimire ibyagezweho mu rugendo rwo kwibohora” buri gace yahisemo kubijyanamo gafite umwihariko ku rugendo rw’iterambere mu myaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye.

Senderi Hit agiye gukora ibitaramo icumi mu rugendo rwo Kwibohora ku nshuro ya 32

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages