Sat B yaherukaga mu Rwanda mbere yo gukomeza urugendo rwerekeza i Burayi, aho afite igitaramo, ariko yabanje gufata umwanya wo gukorana indirimbo na The Ben.
Mu mashusho yashyizwe hanze na Sat B, agaragara ari kumwe na The Ben ndetse na Madebeats, bari muri studio bakora iyi ndirimbo. Biteganyijwe ko aba bahanzi bazanahita bafatira amashusho yayo mu minsi iri imbere, mbere y’uko ishyirwa hanze.
Iyi ndirimbo izaba ari iya mbere The Ben akoranye n’umuhanzi ukomoka mu Burundi, mu gihe Sat B we amaze gukorana n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda.
Uretse Meddy bakoranye indirimbo ‘Beautiful’ mu myaka ishize, Sat B yanakoranye n’abandi bahanzi barimo Aime Bluestone na Urban Boyz. Kuri ubu, The Ben ni we wiyongereye kuri uru rutonde.
Sat B ni umwe mu bahanzi bakomeye mu Burundi, akaba ari mu bagezweho muri iki gihe. Mu ndirimbo ze ziri kuvugwa cyane harimo ‘Tel Aviv’, ‘Kirisese’, ‘Je vais bien’, ‘No Love’ n’izindi.
Ku ruhande rwa The Ben, iyi ndirimbo izaba ari indi ntambwe mu gukomeza kwagura imikoranire ye n’abahanzi bo mu karere ndetse no hanze y’u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!