Ibi Samusure yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, ubwo yari kumwe na Mutamba Juliet wakoze filime nshya yise ‘Ingaruka z’Icyaha’, bombi bahuriyemo.
Iyi filime ya Juliet Mutamba igaragaramo abakinnyi b’ibyamamare nka Samusure n’abandi banyuranye, ndetse kugeza ubu hamaze gusohokaho episode ebyiri zayo.
Samusure yavuze ko impamvu kugeza ubu atarakina filime z’urukozasoni ari uko asanzwe akora akazi kajyanye n’ubukwe, bigatuma hari ibikorwa adashobora gukora kubera uko abantu bamufata muri uwo mwuga.
Ati “Ariko buriya muri rusange mfashe nk’umwanzuro kudasubira mu kazi ko mu bukwe, hari ibyo najya nkina bikabatangaza. Hari ibyo ntashobora gukina kuko nzi ko ejo nzajya hariya nkaba se w’umuntu, nkaba nasaba umugeni cyangwa nkaba namusabwa.”
Muri iki kiganiro, Juliet Mutamba yatunguwe bikomeye n’ibyo Samusure yari amaze kuvuga, ndetse ahamya ko uyu mukinnyi ashobora kwemera gukina ibikorwa bitandukanye mu gihe yaba abibonamo inyungu.
Samusure ati “Njye nta kintu ntakina, nubwo byaba ari ukwambara ubusa nabikina. Ariko mbaye ndi wa muntu ukina filime runaka ikampa ubuzima nifuza, ntari bukenere bwa buraka bwo ku ruhande, nayikina, ikiba kikaba.”
Yakomeje avuga ko n’iyo filime y’urukozasoni yaba igiye gutambuka mu Rwanda, ariko we akaba atuye hanze yarwo, atabura kuyikina.
Ati “Nayikina nubwo yaba igiye guca mu Rwanda, ariko njye ntahaba.”
Kalisa Ernest ni umwe mu bakinnyi bamaze imyaka myinshi muri sinema nyarwanda. Kuri ubu kandi yatangaje ko ari gutegura gushyira hanze indi filime ye yise ‘Makuta’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!