Mu minsi ishize, ubwo yagiranaga ikiganiro na IGIHE, Muyoboke Alex yavuze ko yagize uruhare mu ikorwa ry’indirimbo Agatako, ariko aca amarenga y’uko ajya ababazwa n’uko DJ Pius wayikoze akunze kubihakana.
Muri icyo kiganiro, Muyoboke ntiyagarukiye aho gusa, ahubwo yongeye gukomoza kuri DJ Pius, inshuti ye ya kera, amushinja kuba yaragize uruhare mu kumwangiriza ibikorwa by’ubucuruzi.
DJ Pius akimara kureba icyo kiganiro, ntiyabashije kwihangana, ajya ku mbuga nkoranyambaga ze asubiza Muyoboke Alex, mu magambo akakaye.
Yagize ati “Jya wirinda kugira imyitwarire mibi ishobora gusebya izina ryawe cyangwa ibyo wagezeho mu gihe umaze ku Isi. Gusaza neza bisaba kwimakaza ubuvanganzo, ubwenge n’amahoro, bikagufasha gusaza ufite umutima n’ibikorwa byiza. Umuco n’indangagaciro bituma usiga umurage mwiza ku buryo n’igihe uzaba waratabarutse uzajya uvugwa neza. Umunwa wuzuye ibinyoma gusa.”
Mbere ya 2018, DJ Pius na Muyoboke Alex bari inshuti magara, ku buryo byari bigoye kubona umwe udaherekejwe n’undi.
Ubwo bari bakiri inshuti, DJ Pius yaje no kugirana umubano wa hafi n’itsinda rya Charly na Nina, icyo gihe ryarebererwaga inyungu na Muyoboke Alex.
Nyuma y’itandukana rya Muyoboke n’aba bahanzi mu 2018, yagiye ashinja DJ Pius kuba ari we wabateje kutumvikana, nyamara bari bamaze imyaka itanu bakorana.
Mu biganiro bitandukanye byatambutse kuri radiyo na televiziyo, Muyoboke ntiyahwemye kugaruka kuri DJ Pius, amushinja kugira uruhare mu gutuma umubano we na bamwe mu bahanzi utagenda neza.
Ku rundi ruhande, DJ Pius yari yarahisemo guceceka no kutavuga byinshi kuri aya makimbirane, nubwo rimwe na rimwe yajyaga abibazwaho akagira icyo abitangazaho.
DJ Pius, udahwema guhakana ibyo ashinjwa na Muyoboke byo kuba yarashutse Charly na Nina ngo bamutandukanye na we, yavuze ko yahisemo gusubiza nyuma yo kurambirwa kumva avugwa mu biganiro bitandukanye.
Ati “Njye ubu mfite umwanya. Niba ashaka ko dukina iriya mikino, tuzayikina. Ndarambiwe. Igihe cyose amaze amvuga naracecetse, ariko sinakomeza kumwihorera. Iri ni itangiriro; nakomeza kumbwira, nanjye nzakomeza musubize.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!