Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa 28 Ukuboza 2024, umunsi n’ubundi uyu muhanzi ategerejweho kuza gutaramira muri BK Arena mu gitaramo cyiswe ‘REVV UP Xperience’.
Ni igitaramo Ruger agomba guhuriramo n’abarimo Victony, mugenzi we ukomoka muri Nigeria, ndetse n’abandi bahanzi bo mu Rwanda barimo Ross Kana, Davis D, Bushali, B Threy na Bruce The 1st.
Kiraba kirimo Aba-Djs batandukanye barimo Dj Toxxyk, Dj Inno, Dj Higa & Rusam, Dj Djannab na The Ruscombs.
Sherrie Silver wavukiye i Huye mu muryango ukennye, ubu inzozi ze zabaye impamo. Yatangiye kwamamara mu 2018 nyuma yo kuyobora amashusho y’indirimbo “This Is America” ya Donald Glover uzwi nka ‘Childish Gambino’. Muri uwo mwaka yegukanye igihembo cya MTV Video Music Award.
Nubwo asigaye aba mu Bwongereza, Sherrie Silver, nta minsi ishira atari i Kigali mu bikorwa by’umuryango yashinze witwa ‘Sherrie Silver Foundation’, akazi afatanya n’umwuga wo kubyina.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!