00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruger yabaye ahagaritse umuziki

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 13 June 2026 saa 12:41
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Ruger yabaye ahagaritse akazi ke ko gukora umuziki, nyuma y’inkundura y’urubanza amazemo igihe n’uwahoze ari umukunzi we.

Iki cyemezo cya Ruger cyatangajwe na sosiyete ye yitwa Brown Boy Entertainment.

Yavuze ko uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo ‘Bounce’ na ‘Dior’ amaze igihe kinini adasohora indirimbo kubera ibibazo afitanye n’uwo bigeze gukundana.

Iti “Ruger yagoswe n’uruhererekane rw’ibibazo nyuma y’uko umuntu bakundanye afashe umwanzuro wo kumujyana mu nkiko amushinja kumwangiriza amarangamutima”.

Yavuze ko Ruger yabaye afashe ikiruhuko gito mu muziki, ndetse ko azawusubukura muri Kanama mu 2026.

Yamenyekanye ku izina rya Ruger ariko amazina ye ni Michael Adebayo Olalere.

Mu ntangiriro za 2024, Ruger yatandukanye n’inzu ya Jonzing World yamurebereraga inyungu mu bya muzika. Yahise ashinga iye ayita Brown Boy Entertainment ari na yo abarizwamo ubu.

Ruger yabaye ahagaritse umuziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages