Kitoko, Symphony Band, DJ Sonia na DJ Phil Peter, bataramye mu ijoro ryo ku wa 26 Ukuboza 2025.
Iki gitaramo cyayobowe na MC Tino cyagombaga guherekeza umunsi mukuru wa Noheli cyabereye ku mucanga w’ikiyaga cya Kivu ahazwi nko kuri Heza Beach cyateguwe na Alpha Entertainment.
Nkuko byari byitezwe Kitoko yatanze ibyishimo ku bakunzi be bari bakoraniye muri iki gitaramo afatanyije n’itsinda ry’ababyinnyi yari kumwe na bo.
Si Kitoko gusa watanze ibyishimo muri iki gitaramo kuko cyagaragayemo n’abarimo DJ Sonia na we washimishije abakunzi be nk’umwe mu bakobwa bamaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki mu Rwanda.
Ku rubyiniro, Kitoko wacurangirwaga na Symphony Band yaririmbye indirimbo zirimo Tiro, In love, Rurabo, Bella, Urankunda bikandenga, Urukundo, Wenema, Yegwe weka, Agapapuro, Agakecuru, Ikiragi, Akabuto, Thank you Kagame n’izindi zinyuranye.
Icyakora mbere yo kuva ku rubyiniro, Kitoko yagaragaje kutishimira abakunzi be bagiye kumushyigikira ku munsi wa mbere bazi ko aririmba bagasanga adahari, ahamya ko byaturutse ku babiteguye batatanze ubutumwa neza ndetse ashimangira ko azasubira gutaramira ab’i Rubavu vuba.
Iki gitaramo cyakurikiye icyabaye ku wa 25 Ukuboza 2025 ubwo abarimo Davis D, Anita Pendo n’abandi banyuranye basusurutsaga abakunzi babo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!