Ubukwe bwa Robert Cyubahiro McKenna buje bukurikira umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko wabereye mu Murenge wa Kinyinya ku wa 25 Kamena 2026.
Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, Robert Cyubahiro McKenna na Louise Uwase, kuri uyu wa 11 Nyakanga 2026 bakoze ubukwe bwabimburiwe n’umuhango wo gusaba no gukwa wabereye kuri La Palisse i Gashora aha hakaba ariho hategerejwe kubera umuhango wo gusezerana imbere y’Imana no kwakira abashyitsi.
Robert Cyubahiro McKenna ni umwe mu banyamakuru bamenyekanye cyane ubwo yakoraga kuri Royal FM, aho yavuye yerekeza kuri RBA by’umwihariko akaba akunzwe mu kiganiro ‘Magic drive’ gitambuka kuri Magic FM.
Muri Gashyantare 2026 nibwo Robert Cyubahiro McKenna yambitse impeta Louise Uwase.
Icyo gihe mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amafoto ari kumwe n’umukunzi we, Robert Cyubahiro McKenna yagize ati “Kuzibanira iteka bishyizwe ku mugaragaro. Igisubizo cy’isengesho ryanjye, rukundo rwanjye, fiancée wanjye. tuzahorane iteka.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!