00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ricky Password, Babla, Teta na Cubaka Justin nabo bari mu marushanwa ya Tusker

Yanditswe na
Kuya 18 August 2013 saa 11:15
Yasuwe :

Ubwo hatangizwaga amarushanwa ya Tusker Project Fame 6 mu Rwanda, IGIHE twabamenyesheje ko abahanzi Elion Victory, Patrick Nyamitari, Peace,G-Bruce na Vava bari bayagaragayemo; amakuru mashya twamenye ni uko hiyongereyemo n’abandi bahanzi ari bo Ricky Password, Babra, Teta na Cubaka Justin.
Ricky Password
Asanzwe amenyerewe mu njyana ya Rock, ariko kuri ubu asa n’uwahinduyeho gato, aho asigaye anayivanga n’injyana gakondo. Yakunzwe mu ndirimbo nka Twibyinire, Ndababaye, Wikozeho (…)

Ubwo hatangizwaga amarushanwa ya Tusker Project Fame 6 mu Rwanda, IGIHE twabamenyesheje ko abahanzi Elion Victory, Patrick Nyamitari, Peace,G-Bruce na Vava bari bayagaragayemo; amakuru mashya twamenye ni uko hiyongereyemo n’abandi bahanzi ari bo Ricky Password, Babra, Teta na Cubaka Justin.

Ricky Password

Ricky Password ubwo yari mu majonjora mu marushanwa ya Tusker yitwaje gitari ye

Asanzwe amenyerewe mu njyana ya Rock, ariko kuri ubu asa n’uwahinduyeho gato, aho asigaye anayivanga n’injyana gakondo. Yakunzwe mu ndirimbo nka Twibyinire, Ndababaye, Wikozeho yakoranye na Bull Dogg, Mbega Wowe, Africa n’izindi.

Babla:

Uhereye i bumoso ni Babla na Vava

Babla yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Wita Umwanya yafashije Jay-C, Kabimye yafashije Kamichi n’izindi ze nka Ndagukumbuye, Take my Breath away n’izindi.

Uyu Babla asanzwe azwiho ubuhanga mu ijwi rye, akaba anasanzwe yumvikana mu ndirimbo nyinshi zamamariza MTN, Sosiyete y’itumanaho abereye umuvugizi.

Teta

Teta ni uyu mukobwa uri i bumoso wambaye nomero 667 mu gatuza, umuri i ruhande ni uwaje kwirebera uko amarushanwa ari kugenda

Yamenyekanye cyane umwaka ushize ubwo yitabiraga aya marushanwa. Teta kandi aheruka gushyira indirimbo ye bwite hanze yitwa Call Me iri mu njyana ya Reggae. Tata kandi yamenyekanye cyane mu ndirimbo Ndagukunda Nzapfa Ejo yaririmbanye na Uncle Austin. Asanzwe ari n’umwe mu bahanzi bari muri Gakondo Group, itsinda riheruka mu iserukiramuco ry’umuziki rya FESPAM hamwe na Masamba Intore.

Cubaka Justin:

Umuhanzi Cubaka Justin uzwiho ubuhanga buhanitse mu gucuranga gitari

Uyu we asanzwe amenyerewe cyane mu gucurangira abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana. Ni umuhanga mu gucuranga gitari ariko akaba n’umuririmbyi ku giti cye. Akenze kenshi kugaragara mu bitaramo birimo umuhanzi Gaby na bagenzi be. Aherutse gucuranga mu itangizwa ry’amarushanwa ya Groove Awards Rwanda.

Aha ni mu cyumba abahanzi baba barimo bategereje ko buri wese ahamagarwa akarushanwa

Umwe mu bagize akanama nkemurampaka yabwiye umunyamakuru wa IGIHE ko hari amahirwe menshi ko bamwe muri aba bahanzi bitabiriye aya marushanwa bazakomeza bagaserukira u Rwanda muri Tusker Project Fame muri Kenya.

IGIHE turaza kubamenyesha abahanzi bari butorwe kuko bari butangazwe kuri iki Cyumweru.

Uko byari byifashe ku bahanzi bategereje kongera kurushanwa ngo hatorwemo abakomeza:

Amafoto y’abandi bahanzi bari muri Tusker twabagejejeho:


G-Bruce uzwi ku kabyiniriro ka The Teacher
Alion Victory na gitari ye
Mu bandi bitabiriye iri rushanwa kandi bemerewe gukomeza harimo uyu Vava; yamenyekanye nk'umunyamakuru kuri Radio 10, akaba anazwiho ubuhanga bwo kuririmba indirimbo z'abandi bahanzi (Karaoke) ukazumva mu mwimerere wazo
Elion Victory, Peace na Patrick Nyamitari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages