Rema ni we muhanzi mukuru uzasusurutsa abazitabira iki gitaramo giteganyijwe kuba igikorwa gisoza gahunda z’uyu mwaka za Kwita Izina.
Ni igitaramo kizahuza umuziki, umuco n’imyidagaduro, nyuma y’umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 22 wabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 4 Nzeri 2026.
Rema azahurira ku rubyiniro n’abahanzi Nyarwanda barimo Saràh Phenom, Kivumbi King na Kenny Sol, mu gihe abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Senshi na DJ Marnaud bategerejweho gususurutsa abakunzi b’umuziki.
Kuri Rema, iyi ni inshuro ya gatatu agenderera u Rwanda. Yigeze kuhataramira mu 2021, ubwo yari yatumiwe mu gitaramo cyasozaga BK All-Star Game.
Yongeye kugaruka mu 2023, ubwo yari mu bahanzi bakomeye bitabiriye ibirori bya Trace Awards byabereye muri BK Arena, aho yanegukanye ibihembo bibiri birimo icya ‘Global African Artist’ n’icya ‘Song of the Year’ kubera “Calm Down”.
Uyu muhanzi w’imyaka 26 ategerejwe mu ndirimbo ze zakunzwe nka Dumebi, Iron Man, Lady, Ginger Me, Woman, Bounce, Soundgasm, Holiday, Calm Down, Charm, Hehehe, Yayo na Benin Boys, ndetse n’izindi.
Amafoto:Cyubahiro Key



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!