Ni igikorwa uyu muhanzi yakoze kibumbiriwe n’icyo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi aho yagiye aherekejwe n’itsinda ry’abo bakorana mu bikorwa bye by’umuziki ndetse n’abahanzi bazamufasha mu gitaramo barimo Gaby Kamanzi na Bosco Nshuti.
Nyuma yo kuva mu gikorwa cyo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bahise bakomereza mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kagarama, Akagali ka Muyange aho bagombaga gusura umuturage Prosper Nkomezi yari yiyemeje kugabira inka.
Prosper Nkomezi ashyikiriza iyi nka umuturage yavuze ko yagize iki gitekereza mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati “Nagize igitekerezo cyo kuba twasura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse tukagira n’umuntu twasura mu barokotse. Ni igitekerezo nagize nkiganiriza ubuyobozi bwa ’Atawale International Ministry’ nsanga bari bafite icyo gitekerezo twiyemeza kwishyira hamwe.”
Mukagasana Zamda n’umugabo we Muragijimana Asman bagabiwe inka bashimiye bikomeye uyu muhanzi n’itsinda ry’urubyiruko rwari rwabaherekeje.
Mu ijambo rye Muragijimana yagize ati “Mu by’ukuri barabimbwiye numva birandenze, ndavuga nti ntabwo bikibaho ko umuntu agutombora utamuzi akavuga ngo nshaka kukugabira kugira ngo ujye ukamira abana […] Mwakoze Imana ibahe umugisha.”
Iki gikorwa cyabanjirije umunsi nyiri zina w’igitaramo ‘Nzakingura’ Prosper Nkomezi yitegura gukorera muri Camp Kigali kuri uyu wa 12 Gicurasi 2024.
Amafoto: Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!