Byabaye ku wa 13 Gashyantare 2026.
Ni umugore wagize amarangamutima menshi ndetse ntiyabashije kwihangira kumva inkuru z’ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe, kuko hari aho yageraga bikanga agasuka amarira.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Princess Lover yavuze ko mu by’ukuri yagiye agira amarangamutima kubera inkuru yabonye. Yagaragaje ko atumva ukuntu abantu batakaje ubumuntu bakica bagenzi babo.
Ati “Ni byo ngira amarangamutima rimwe na rimwe bingora kuyahisha, ariko inkuru z’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwemo zo zangoye cyane. Ntabwo numva uko umuntu mukuru yica umwana, bishe abagore, bicaga abatabarwanya, ntabwo byumvikana.”
Uyu mugore yavuze ko nyuma y’amateka yiboneye, yatunguwe n’uko Igihugu cyiyubatse mu myaka mike, ndetse n’uburyo Abanyarwanda babanye kugeza uyu munsi.
Ati “Ndashimira abayobozi bashoboye gutuma uyu munsi abantu babanye mu mahoro, natunguwe n’iterambere ryihuse mwagezeho, Imana ihe umutima ukomeye abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Princess Lover yavuze ko nyuma y’ibyo yiboneye n’amaso, ubutumwa afite ari uko abantu barangwa n’urukundo, ibyabaye mu Rwanda hakirindwa ko hari ahandi byakongera kuba.
Nicole Nérêt, wamamaye nka ‘Princess Lover’ uzwi cyane mu ndirimbo ‘Mon Soleil’ ari mu Rwanda, aho yitabiriye igitaramo ‘Charmes de St Valentin’ giteganyijwe kubera muri ‘Mövenpick Hotel Kigali’ ku wa 14 Gashyantare 2026.
Amafoto:Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!