00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Platini yimukiye mu nzu yujuje mu Karumuna (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 April 2022 saa 12:10
Yasuwe :

Nemeye Platini uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi, amaze iminsi yimukiye mu nzu ye bwite yujuje mu Karumuna ho mu Karere ka Bugesera, nubwo akiri mu mirimo ya nyuma yo kuyisoza neza.

Mu ibanga ryamenywe na bake mu nshuti ze za hafi, Platini aherutse kwimukira mu karumuna mu nzu ari kuhuzuza, ikaba imwe mu nziza z’abahanzi n’ibindi byamamare mu Rwanda.

Nyuma yo kumenya aya makuru, IGIHE yasimbukiye mu Karumuna gushaka amafoto yayo cyane ko uyu muhanzi amaze kwiyongera ku rutonde rw’abahanzi bake batunze inzu zabo bwite.

Iyi nzu igeretse, yubatse mu buryo bugezweho, Platini yari amaze igihe ari kuyubaka ndetse amakuru ahari avuga ko nubwo yayimukiyemo hari imirimo ya nyuma ari kurangiza.

Platini ni umwe mu bahanzi bakomeye kandi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda, uyu musore watangiranye n’itsinda rya Dream Boys nyuma yo gutandukana na mugenzi we TMC aza gutangira urugendo rwo kwikorana umuziki ku giti cye.

Nyuma y’igihe gito atangiye umuziki ku giti cye amaze gukora nyinshi mu ndirimbo zakunzwe bikomeye ndetse ubu yanabonye sosiyete yo muri Nigeria imufasha mu bijyanye na muzika.

Iminsi irashize Platini yimukiye mu Karumuna
Inzu ya Platini yubatse mu buryo bugezweho
Platini ari gusoza imirimo y'inzu ye nshya
Inzu Platini yubatswe mu Karere ka Bugesera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages