Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 6 Ukwakira 2025, Perezida Trump yagize ati “Njye ndamwita Puff Daddy, aherutse kunsaba imbabazi.”
TMZ yatangaje ko ifite amakuru y’uko nyuma yo gukatirwa gufungwa imyaka ine, aribwo umwe mu bantu ba hafi ba Diddy yavugishijwe umwe mu bantu bashobora kugera kuri Trump, akamugezaho ubwo busabe.
Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru, Trump ntabwo yigeze agaragaza niba yarababariye Diddy cyangwa atifuza kumuha imbabazi.
Ku wa 3 Ukwakira 2025 nibwo Sean “Diddy” Combs w’imyaka 55, yakatiwe n’urukiko rwo muri Manhattan igifungo cy’imyaka ine nyuma yo guhamywa ibyaha birimo gucuruza abagore mu bihugu bitandukanye kugira ngo bashorwe mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’ibiyobyabwenge.
Uretse gufungwa imyaka irenga ine, Combs yanategetswe kwishyura ibihumbi 500 by’amadolari ya Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!