00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Tanzania yahaye Professor Jay arenga miliyoni 16 Frw

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 May 2026 saa 05:51
Yasuwe :

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yahaye Professor Jay inkunga ya miliyoni 30 z’Amashilingi (arenga miliyoni 16,7 Frw) ibintu byavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga no mu myidagaduro yo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi mpano yahawe Professor Jay mu rwego rwo kumushimira uruhare yagize mu guteza imbere umuziki wa ‘Bongo Flava’ nk’umwe mu bahanzi b’abanyabigwi mu muziki wa Tanzania.

Uyu muhanzi yashimiwe no kuba yarakomeje guharanira imibereho myiza y’abaturage binyuze mu bikorwa bitandukanye.

Professor Jay wamamaye cyane mu ndirimbo zirimo “Nikusaidiaje”, “Zali la Mentali” na “Ndio Mzee”, ni umwe mu bahanzi bubatse izina rikomeye muri Tanzania ndetse akaba yaranabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Bamwe mu bahanzi bo muri Tanzania ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bashimiye Perezida Samia Suluhu Hassan bavuga ko ibikorwa nk’ibi bitanga icyizere ku bahanzi ndetse bikabereka ko igihugu kibazirikana.

Professor Jay na we yavuze ko yishimiye iyi mpano ndetse ashimangira ko ari ikintu gikomeye kuri we nk’umuhanzi umaze imyaka myinshi mu muziki.

Yavuze ko byamwongereye imbaraga zo gukomeza gukora ibikorwa bifitiye akamaro abakunzi be n’igihugu muri rusange.

Professor Jay ni umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye muri Tanzania. Azwi cyane mu njyana ya Hip Hop muri icyo gihugu ndetse no mu ndirimbo zibanda ku buzima busanzwe bw’abaturage no kugaragaza ibibazo byugarije sosiyete.

Professor Jay yishimiye imfashanyo yahawe na Perezida Samia Suluhu
Professor Jay yashyikirijwe amafaranga yahawe na Perezida Samia Suluhu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages