Amakuru yatangajwe na Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza avuga ko uru ruzinduko rwabaye umwanya mwiza wo kuganira ku ruhare rw’umuco mu guteza imbere Afurika, iterambere ry’inganda zishingiye ku guhanga udushya n’uburyo bwo gukomeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika.
Patoranking uri mu bahanzi bafite izina rikomeye ku mugabane wa Afurika no hanze yawo, yashimiwe na Ambasaderi Johnston Busingye uruhare akomeje kugira mu guteza imbere urubyiruko binyuze mu burezi no gushyigikira impano z’abakiri bato.
Nubwo benshi bamumenyereye mu ndirimbo ze zakunzwe, ibikorwa bye byarenze umuziki.
Mu 2020, abifashijwemo na African Leadership University (ALU), yatangije gahunda yo kwishyurira abanyeshuri batishoboye binyuze muri gahunda yiswe ‘ALU Patoranking Scholarship’.
Ni igikorwa Patoranking yatangije mu gufasha urubyiruko rwo hirya no hino muri Afurika kubona amahirwe yo gukomeza amashuri no kwitegura kuzaba abayobozi b’ejo hazaza.
Urugendo rwa Patoranking muri Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, rukurikiye urw’abandi banyamuziki b’ibyamamare bagiye bayisura mu bihe bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!