00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Patient Bizimana yasubukuye ibitaramo bya ‘Easter Celebration’ bimaze imyaka itandatu bitaba

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 March 2025 saa 10:29
Yasuwe :

Patient Bizimana yasubukuye ibitaramo ‘Easter Celebration’ byari bimaze imyaka itandatu bitaba, nyuma y’uko bihagaritswe n’ibibazo bya Covid-19 mu 2020, nyuma y’aho uyu muhanzi agatangira inshingano zo kwita ku muryango.

Patient Bizimana yemereye IGIHE ko nyuma y’iyi myaka yose yongeye kubisubukura ndetse ubu agiye kujya abikorera mu bihugu bitandukanye bitari u Rwanda gusa.

Ibi bitaramo byari bigamije gufasha abakunzi b’umuziki we kwizihiza Pasika, Patient Bizimana agiye kubisubukurira muri Canada, aho biteganyijwe kubera ku wa 20 Mata 2025.

Ni igitaramo byitezwe ko kizabera mu Mujyi wa Ottawa kikazitabirwa n’abarimo Aime Frank, Miss Dusa na Serge Iyamuremye.
Patient Bizimana yavuze ko kuba ibi bitaramo bisubukuriwe muri Canada atari uko ariho bizajya bibera gusa.

Ati “Nureba neza iby’uyu munsi byiswe ‘Easter celebration2025 Season Canada’ ibyo bisobanuye ko mu yindi myaka bishobora kujya bibera mu bindi bihugu atari aha gusa.”

Patient Bizimana yaboneyeho umwanya wo gushyira umucyo ku cyateye ihagarara ry’ibi bitaramo mu myaka yashize.

Ati “Urabona mu 2020 twari kubikora tuza kugira ikibazo cya Covid-19, nyuma naje gushaka mbanza kwita kuri gahunda z’umuryango wanjye. Kuri ubu rero ibintu byose namaze kubishyira ku murongo nongeye kubisubukura.”

Uretse ibi bitaramo ari gutegura afatanyije na sosiyete yitwa ‘Reimage Canada Inc.’ imaze gukomera mu gutegura ibitaramo muri Canada, Patient Bizimana yavuze ko yari amaze iminsi ari gukora kuri album ye nshya ndetse azatangira gusohora indirimbo ziyigize mu minsi iri imbere.

Ubwo ibi bitaramo byaherukaga mu 2019, Patient Bizimana yari yatumiye abahanzi barimo Alka Mbumba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakurikiye Sinach yari yatumiye mu 2018.

Patient Bizimana agiye gusubukurira ibitaramo bye muri Canada
Mu 2018 Patient Bizimana yari yatumiye Sinach wo muri Nigeria muri ibi bitaramo bye
Ubwo ibi bitaramo biheruka, Patient Bizimana yari yatumiye Alka Mbumba
Ababyeyi ba Patient Bizimana bakundaga gushyigikira umuhungu wabo muri ibi bitaramo
Uko Patient Bizimana yateguraga ibitaramo bye, aho yabikoreraga habaga hakubise huzuye
Imvura yo muri Mata nta na rimwe yigeze ihagarika ibitaramo bya Patient Bizimana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .