00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Padiri Jean François Uwimana yatumiwe mu birori by’umunsi mukuru wa Kiliziya Gatolika mu Budage

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 May 2024 saa 07:55
Yasuwe :

Padiri Jean François Uwimana umaze kwandika izina nk’umwe mu bapadiri bake bakora Injyana ya Hip hop yatumiwe mu bahanzi bazaririmba mu birori byo guhimbaza umunsi mukuru wa Kiliziya Gatolika mu Budage.

Buri myaka ibiri, Kiliziya Gatolika mu Budage yizihiza umunsi mukuru mu ruhererekane rw’ibitaramo bitandukanye.

Muri uyu mwaka, iki gikorwa giteganyijwe kuba kuva ku wa 29 Gicurasi kugeza ku wa 2 Kamena 2024.

Padiri Jean François Uwimana usanzwe ari umuraperi yavuze ko yatunguwe no gutumirwa muri ibi birori cyane ko Abadage batamenyereye kubona abihayimana baririmba Hip hop.

Yatoranyijwe kuzaseruka nk’umuhanzi uzahagararira Diyosezi ya Erfurt, Intercultural artist of the Diocese Erfurt, ndetse ni amateka kuko ari ubwa mbere bibaye ko Umunyarwanda aserukira diyosezi yo mu Budage kuri uru rwego.

Padiri Jean François Uwimana yabwiye IGIHE ko yishimiye gutekerezwaho mu bazatarama muri ibi bikorwa.

Yagize ati “Ni bimwe bavuga ko Imana ikora ibyayo kuko umenya no kubisaba utabona uko ubisaba. Ni umugisha nta kindi. Navuga ko igitekerezo bakigize kubera ko muri diyosezi no kuri kaminuza bazi ko ndi umunyamuziki kandi ko nkunze gukorana na bamwe muri bo.’’

Kiliziya Gatolika yo mu Budage ifite abakirisitu basaga miliyoni 22 mu gihe Diyosezi ya Erfurt yo ifite abarenga ibihumbi 155.

Padiri Jean François Uwimana yavuze ko kuba yaratoranyijwe nk’umwe mu bahanzi bazitabira ibi birori abifata nk’ikimenyetso cy’uko bemera ibyo akora.

Ati “Gutoranya Umunyarwanda uhamaze imyaka itatu gusa mu bintu nk’ibi biba rimwe mu myaka ibiri kandi bigahuriza hamwe abantu benshi ni ishimwe rikomeye.’’

Yagaragaje ko ari amahirwe akomeye yo kubyaza umusaruro no kwerekana ibyo ashoboye.

Yakomeje ati “Ngomba kuhanyura neza, ndumva barampaye kuririmba inshuro ebyiri [stages]. Ni ugukora ku buryo aya mahirwe azabyara andi ku rwego mpuzamahanga ndetse nkanakora indirimbo z’indimi zitandukanye.’’

Padiri Jean François Uwimana umaze iminsi mu masomo mu Budage yanakoranye n’abahanzi bo muri icyo gihugu nyuma y’uko umuziki we utangiye gukundwa. Azwi cyane nk’umwe mu bapadiri bake bakora Injyana ya Hip hop.

Padiri Jean François Uwimana yatumiwe mu birori byo guhimbaza Umunsi mukuru wa Kiliziya Gatolika mu Budage
Padiri Jean François Uwimana yinjiye mu muziki mu 2015, akora injyana zirimo Rap, Reggae n'umuziki gakondo
Padiri Jean François Uwimana ni umwe muri bake bahuza ivugabutumwa akora muri Kiliziya Gatolika no kuririmba. Amaze imyaka 12 ari Padiri wa Diyosezi Gatolika ya Nyundo
Padiri Jean François Uwimana yagiye mu Budage mu 2019 gukora igitaramo yari yatumiwemo mbere yo kuhakomereza amasomo yo mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .