00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yvan Muziki yateguje ‘album’ ya Marina aherutse kwambika impeta

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 February 2026 saa 08:29
Yasuwe :

Yvan Muziki yemeje ko nyuma yo kumurika album ye ya mbere, hatahiwe iya Marina aherutse kwambika impeta bakiyemeza kubana nk’umugore n’umugabo.

Yvan Muziki yabwiye IGIHE ko bazamurika ‘album’ ya Marina muri Kanama 2026.

Bari mu birori byo kwishimira intambwe bateye, aho bari batumiye inshuti n’abavandimwe kugira ngo binegure cyane ko hari abatarabashije kwitabira igitaramo yambikiyemo impeta Marina.

Muri iki kiganiro ubwo bari babajijwe ikigiye gukurikiraho mu muziki, Yvan Muziki yagize ati “Muri uyu mwaka hatahiwe Marina, muri Kanama 2026 turakora igitaramo kitarabaho cyo kumurika album ya mbere ye, mwitegure.”

Ibi byaje byiyongera ku kuba Marina yari aherutse guhamya ko ari mu myiteguro yo gusohora album ye ya mbere, akanakora igitaramo cye cya mbere nyuma y’igihe amaze mu muziki.

Marina watangiye umuziki mu 2018, kuri ubu ni umwe mu bakobwa bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda.

Mu minsi ishize Marina yambitswe impeta na Yvan Muziki bari bamaze imyaka itandatu bakundana ariko batabyemerera abantu.

Uretse kwiyemeza kubana, Marina na Yvan Muziki banemereye IGIHE ko bafite gahunda y’ubukwe bwabo buteganyijwe muri uyu mwaka wa 2026 nubwo birinze gutangaza amatariki cyangwa ukwezi.

Yvan Muziki yateguje iya Marina aherutse kwambika impeta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages