00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shakib aravugwa mu rukundo n’umuhanzi ukomoka mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 June 2026 saa 12:26
Yasuwe :

Mu minsi ishize ni bwo umunyamideli Zari Hassan, wamamaye nka The Boss Lady, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya nyuma y’imyaka itanu bari bamaranye.

Amakuru ahari ashimangira ko uyu musore yahise yishumbusha umuhanzi Kin Bella ukomoka mu Rwanda.

Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yajyaga gukina umukino w’iteramakofe muri Kenya, Shakib yerekeje i Nairobi aherekejwe n’uyu muhanzi Kin Bella ndetse binavugwa ko baba bari mu rukundo.

Amakuru IGIHE yabonye ni uko iby’urukundo rw’aba ari impamo, ndetse agashimangira ko uyu mukobwa asanzwe ari umuhanzi utuye muri Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda.

Abatazi Kin Bella ubusanzwe ni umuvandimwe wa Uwase Blandine wamenyekanye mu Rwanda nka Blandy Starr, umunyamakuru wanyuze mu bitangazamakuru binyuranye nka Izuba TV, Radio&TV10 n’ibindi.

Kin Bella ubusanzwe yitwa Belinda Niwabo. Ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka neza muri Uganda by’umwihariko akaba azwi mu ndirimbo nka ‘Sente za pill’, ‘Tonesipata’ n’izindi zatumye yamamara.

Ubwo bari bageze muri Kenya, Shakib yavuze ko nawe yatunguwe bikomeye n’icyemezo Zari yafashe kuko batari bakiganiriyeho.

Shakib aherutse gutandukana na Zari bari bamaranye imyaka itanu
Kin Bella ni umuhanzi uri kuzamuka nez amuri Uganda
Kin Bella ni umuhanzikazi utuye muri Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda
Kin Bella niwe bivugwa ko ari mu rukundo na Shakib
Blandy Starr wamenyekanye mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, ni umuvandimwe wa Kin Bella bivugwa ko yigaruriye umutima wa Shakib

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages