00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma y’imyaka ine mu bibazo, Mike Kayihura yongeye gusohora indirimbo nshya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 April 2026 saa 02:26
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka ine ari mu bibazo n’abo bakoranaga byatumye ahagarika gushyira hanze indirimbo nshya, Mike Kayihura, yasohoye iyo yise ‘Come on’ ndetse ahita anateguza EP izajya hanze mu mezi atatu ari imbere.

Ubwo yasohoraga iyi ndirimbo, Mike Kayihura abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati “Muraho, indirimbo yanjye ya mbere nshya kuri EP ‘Intwaza’ yamaze gusohoka [...] tubonane mu kwezi kumwe.”

Ni indirimbo Mike Kayihura yasohoreye kuri shene ya YouTube nshya. Ibi bishimangira ko ibibazo bye n’abo bakoranaga byayigizeho ingaruka.

Umwaka ushize, Mike Kayihura yabwiye IGIHE ko yari amaze imyaka itatu akomanyirijwe ibyo gusohora indirimbo nyuma yo gusinya amasezerano atari yabanje kwitondera akita mu kagozi kamubuza kongera gukora ibihangano uko ashatse.

Icyo gihe, Mike Kayihura yatangaje ko yari amaze imyaka itatu adasohora indirimbo nshya bitewe n’amasezerano yasinye na sosiyete yari yizeyeho kwagura umuziki we, ariko asanga ibyo yasinyiye bitamuha uburenganzira bwo gusohora ibihangano bye uko ashaka.

Hari amakuru ahari avuga ko Mike Kayihura yari yasinyanye na sosiyete yo muri Nigeria yari kumufasha kugurisha ibihangano bye, icyakora biza kutagenda neza bafata icyemezo cyo kumushora mu manza ndetse mu gihe bari batarakiranuka akaba atari yemerewe gusohora indirimbo.

Nyuma y’uko asohoye iyi ndirimbo, IGIHE yifuje kuganira na Mike Kayihura ku bijyanye n’iki kibazo icyakora ntibyadukundira kuko atari mu Rwanda.

Nyuma y’imyaka ine mu bibazo, Mike Kayihura yongeye gusohora indirimbo nshya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages