00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zaria Court yatumye Urban Boyz itaramira i Kigali nyuma y’imyaka icyenda (Amafoto na Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 9 August 2026 saa 10:36
Yasuwe :

Mu rwego rwo kwizihiza umwaka ushize Zaria Court Kigali ifunguye imiryango, habaye igitaramo ‘Replay Vol. I’ cyatumiwemo abahanzi barimo Urban Boyz na Amalon.

Iki gitaramo cyabereye muri Zaria Court mu ijoro ryo ku wa 8 Kanama 2026, cyitabirwa n’abakunzi b’umuziki, benshi muri bo bari bagiye kwihera ijisho Urban Boyz, itsinda ryari rimaze imyaka icyenda ridataramira i Kigali.

Iki gitaramo cyatangijwe n’abahanga mu kuvanga imiziki, basusurutsa abitabiriye mbere y’uko Amalon afata umwanya wo gutaramira abakunzi be bari bakoraniye muri Zaria Court.

Nyuma yo kumara umwanya asusurutsa abakunzi b’umuziki, Amalon yavuye ku rubyiniro, maze MC Lucky atangira gushyushya abitabiriye igitaramo, abateguza ko Urban Boyz igiye kubataramira.

Mbere y’uko iri tsinda rifata urubyiniro, DJ Crush uricurangira yabanje gususurutsa abitabiriye mu ndirimbo zitandukanye mu gihe cy’iminota 15, nyuma Urban Boyz ijya ku rubyiniro.

Urban Boyz yari izi ko abakunzi bayo bari bayikumbuye, kandi koko ntibyatinze kwigaragaza, kuko bakiranywe ibyishimo bidasanzwe.

Iri tsinda ryahereye ku ndirimbo zaryo zakunzwe cyane, ribasusurutsa mu gihe kirenga isaha.

Mu ndirimbo zashimishije benshi harimo ‘Wampoyiki’, ‘Eva’, ‘Take It Off’, ‘Sipiriyani’, ‘Barahurura’ n’izindi nyinshi.

Urban Boyz yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2017.

Igitaramo cya ‘Replay Vol. I’ cyari gifite umwihariko kuko ari ubwa mbere iri tsinda ryongeye guhura n’abakunzi baryo i Kigali.

Urban Boyz yatandukanye mu 2018 ubwo Safi Madiba yayisezeragamo bitwara imyaka umunani, kugira ngo bongere bihuze ndetse basubukure ibikorwa by’itsinda.

Ab'inkwakuzi bageze ahabereye iki gitaramo hakiri kare
Na mbere y'uko abahanzi bagera ku rubyiniro abakunzi b'umuziki bagiriye ibihe byiza muri iki gitaramo
Amalon ni uku yahingutse imbere y'abakunzi be muri iki gitaramo
Amalon yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe
Amalon yishimiwe bikomeye muri iki gitaramo
MC Lucky niwe wayoboye iki gitaramo
DJ Crush yacurangiye Urban Boyz
Urban Boyz yari yongeye gutaramira i Kigali nyuma y'imyaka icyenda
Uretse kuba abafana bari babakumbuye, abagize Urban Boyz nabo ubona ko bari bakumbuye abakunzi babo
Abafana ba Urban Boyz bagiriye ibihe byiza muri iki gitaramo
Urban Boyz yaririmbye nyinshi mu ndirimbo zabo zakunzwe

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages