Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Nzeri 2013, Nyampinga w’u Rwanda Aurore Mutesi yagarutse i Kigali avuye mu gihugu cya i Minsk’s Sports Palace mu gihugu cya Belarus.
Nyampinga Aurore yabaye Nyampinga wa 15 muri 18 baje ku isonga muri ba Nyampinga batowe cyane kuri internet.
Akigera i Kigali, Nyampinga Aurore yabajijwe impamvu atemeye kwigaragaza yambaye utwenda tugufi (bikini) nk’abandi, nuko asubiza agira ati “Nabikoreye kuko numva njyewe ku giti cyanjye ikimpaye amahoro ari uko nserukiye u Rwanda kandi ngakomera no ku muco nyarwanda".
Yongeyeho ati "Mu marushanwa nk’ariya bubahiriza uburenganzira bw’umuntu n’umuco wa buri muntu rero nicyo cyabinteye umuco wanjye ntabwo unyemerera kwambara bikini mu marushanwa keretse ngiye koga cyangwa ibindi ariko mu marushanwa umuco wanjye ntabwo ubinyemerera”.
Nyampinga Aurore yavuze kandi ko yatumiwe muri kimwe mu bihugu byo muri Aziya. Aurore yavuze kandi ko hari ibindi byinshi bijyanye no kwiyerekana kwa ba Nyampinga yigiye muri iri rushanwa ryegukanywe na Mutya Johanna Datul, w’imyaka 21, wari waserukiye igihugu cya Philippine.
Mu byumweru bitatu aya marushanwa yamaze, Nyampinga Aurore, ari kumwe na bagenzi be barenga 90, basuye ibice bitandukanye byo mu gihugu cya Belarus bari barimo.



















TANGA IGITEKEREZO