00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nta mitungo bazagabana: Ibyo wamenya kuri gatanya ya Kimenyi Yves na Miss Muyango

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 August 2026 saa 05:16
Yasuwe :

Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane bwemewe n’amategeko, nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko Miss Muyango na Kimenyi Yves bamaze kwemeranya gutandukana mu bwumvikane ndetse banakoranye inyandiko yasinyweho na noteri.

Mu masezerano y’ubutane bagiranye mu bwumvikane impande zombi zasinyeho imbere y’ababahagarariye mu mategeko na noteri IGIHE ifitiye kopi, bigaragara ko nta mitungo bafite bashakanye ndetse nta n’imyenda basangiye ku buryo bayigabana, bityo ubu butane bukaba nta ngaruka bubagiraho ku bijyanye n’imitungo.

Kimenyi Yves na Muyango Claudine batangiye inzira yo gutandukana byemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe, bwabaye mu 2024.

Ni ubukwe bakoze nyuma y’imyaka itanu bari bamaze mu rugendo rw’urukundo, kuko batangiye gukundana mu 2019. Mu 2021, bibarutse imfura yabo.

Muyango Claudine yabaye Nyampinga uberwa n’amafoto muri Miss Rwanda 2019, mu gihe Kimenyi Yves ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ndetse akaba yarakinnye muri AS Kigali. Uyu mukinnyi kandi yanyuze mu makipe atandukanye arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Kimenyi Yves na Uwase Muyango Claudine biyemeje gutandukana mu bwumvikane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages