Ibi biri gukorwa mu cyiswe #NickiMinajChallenge. Ikaba imaze gukorwaho amashusho asaga ibihumbi 115 kuri TikTok yonyine.
Abantu barimo gukoresha ibintu bitangaje kugira ngo babashe guhangana n’abandi muri iyi challenge, ndetse hari abari kuyikora bahagaze ku makarito ya Jenga, amacupa ya divayi, ibikoresho byifashishwa muri ‘gym’, udukinisho tw’abana n’ibindi.
Iyi challenge yaturutse ku mashusho y’indirimbo Nicki Minaj yakoze mu 2013 yitwa “High School” yafatanyije na Lil Wayne. Ku isegonda rya 0:34, Minaj aba ari iruhande rwa ‘piscine’ yambaye inkweto ndende, agasutama yasobekeranyije amaguru aho kamwe ari ko aba ahagazeho konyine, akandi kari hejuru yako.
Aya mashusho akozwe muri ubu buryo yatangiye gukwirakwira muri Mata 2025, aho uwiyita @1jacore kuri TikTok, yagerageje gukora iyo positeri, bigatuma abandi benshi batangira kubikora.
Ubu ntibikiri gusa gukora positeri ya Minaj, ahubwo abantu barimo barushanwa kuzana uburyo bushya kandi burimo gukabya bwo gukora iyi challenge, aho bamwe bazamuka hejuru y’ameza, ibitabo, indobo cyangwa ibirahuri; byose bakabikora bambaye inkweto zishinguye.
Nk’uko Stephanie Mansour, usanzwe ari impuguke mu myitozo ngororamubiri, yabibwiye TODAY.com, yavuze ko iyi challenge ishobora gutera ibyago cyane ku bantu batayitondeye bayikoze bisanishije n’abari gukora siporo.
Ati “Sintekereza ko gukora imyitozo wambaye inkweto ya ‘talon’ cyangwa uhagaze ku kaguru kamwe wambaye inkweto ndende ari ibintu byizewe, keretse niba ari igice cy’ubuhanzi.’’
Uretse amashusho yakwirakwiye y’abantu batandukanye bo hanze y’u Rwanda, mu Rwanda naho ibyamamare bitandukanye byinjiye mu bari kuyikora.
Mu bamaze kwifata amashusho bakayasakaza harimo Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette ku mbuga nkoranyambaga, DJ Sonia n’abandi.
What’s the best Nicki Minaj “High School” pose challenge in your opinion? pic.twitter.com/L2qkgwOOr8
— Buzzing Pop (@BuzzingPop) July 19, 2025
— ᴸᴼᴼ (@doobielooo) July 19, 2025
This >>> pic.twitter.com/M6Yfb7H0Er
— 2KDOINTHEMOST (@Boyzn_uWandile) July 20, 2025
Gag it pic.twitter.com/RyApPnGFZ5
— B.O.B (@popbobss) July 19, 2025
this one pic.twitter.com/VyetoazRbW
— θ𝐫 ♰σ𝑘ɇ (Lẹwa Ay𝖆ʙ𝖆) (@_Oba_Lowkey) July 19, 2025
This diva pic.twitter.com/7kCChTeX4I
— joey (@turquoisepogos) July 19, 2025
this ended pic.twitter.com/yolRpENrN2
— ؘ (@HitsAndCharts) July 19, 2025
Mother? pic.twitter.com/KyRUUJTzsE
— B.O.B (@popbobss) July 19, 2025
this one clears tbh pic.twitter.com/nh4BpUl7zY
— domiii☆ (@chihiroloverr) July 19, 2025
Ciara does the Nicki Minaj pose challenge in new TikTok. pic.twitter.com/SvHX0eG2A7
— Pop Base (@PopBase) July 21, 2025




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!