00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nizere ko mu ijuru ari kubaha ‘show’- Marina kuri Jay Polly

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 July 2026 saa 12:34
Yasuwe :

Marina uri mu bahanzi bari gutaramira muri ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ yahishuye ko kimwe mu bintu bimubabaza ari uko ibi bitaramo ari kubikora atari kumwe na Jay Polly.

Ibi uyu mukobwa yabigarutseho nyuma y’igitaramo yakoreye mu Karere ka Ngoma ku wa 27 Kamena 2026, aha akaba yaravuze ko kimwe mu bintu bimubabaza ari uko atari gutaramana na Jay Polly muri ibi bitaramo.

Ati “Nakabaye nifuza ko nka Jay Polly yakabaye ahumeka umwuka w’abazima tukaba turi kuzengurukana muri ibi bitaramo, ni umunyabigwi, ni umuraperi ntigeze mbona undi umeze nkawe [...] nizere ko mu ijuru ari kubaha show.”

Marina na Jay Polly bafitanye amateka akomeye mu muziki cyane ko bakoranye indirimbo zakunzwe nka ‘Umusaraba wa Joshua’, ‘Too much’ n’izindi nyinshi.

Uyu mukobwa ni umwe mu bahanzi umunani bitabiriye ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bikomeje kuzenguruka Igihugu kuva ku wa 20 Kamena 2026 kugeza ku wa 1 Kanama 2026.

Uretse Marina, ibi bitaramo byitabiriwe n’abahanzi barimo Chriss Eazy, Kivumbi King, Kenny Sol, Ross Kana, Amalon, Bushali na Davis D.

Ni ibitaramo byatangiriye mu Karere ka Huye, bikomereza i Ngoma, kuri ubu bikaba byitezwe ko bigiye kwerekeza i Muhanga ahatumiwe Butera Knowless uri mu bahanzi b’amazina manini bongewemo kuko batwaye Primus Guma Guma Super Star.

Marina yavuze ko kimwe mu bintu bimubabaza ari uko atari gutaramana na Jay Polly muri ibi bitaramo
Marina ni umwe mu bahanzi bari gutanga ibyishimo muri 'MTN Iwacu Muzika Festival'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages