00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nick Cannon agiye kubyara umwana wa cyenda nyuma y’ukwezi yibarutse uwa munani

Yanditswe na Muyisenge Jean Felix
Kuya 26 July 2022 saa 01:00
Yasuwe :

Nick Cannon yahishuye ko yabyaye umwana wa munani muri Kamena tariki ya 28 Kamena, mu gihe ategereje umwana wa cyenda azabyarana n’undi mugore mu minsi mike.

Uyu mugabo w’imyaka 41 yamamaye muri filime zitandukanye nka Love doesn’t cost a thing n’ikiganiro gica kuri televiziyo cyitwa Wild "N Out. Uyu mugabo kandi asanzwe ari n’umuhanzi akaba n’umunyarwenya.

Aba bana umunani yababyaranye n’abagore batanu batanduknaye harimo umuhanzi Maria Carey babyaranye abana babiri b’impanga.

Mu mwaka wa 2021 wonyine yabyaye abana batatu ku bagore babibiri batandukanye, umwe muri abo apfa nyuma y’ukwezi kumwe gusa azize kanseri y’ubwonko.

Umwana wa munani uheruka kuvuka yamubyaranye n’umunyamideli Bre Tiesi, mu gihe uwa cyenda amutwitiwe n’umunyamideli Abby De La Rosa bari basanzwe bafitanye abana babiri b’impanga babyaranye umwaka ushize.

Mu minsi ishize yagaragaye mu kiganiro na TMZ yemera ko nta gucana inyuma kujya kubaho hagati ye n’abakunzi be kubera ko bahana ubureganzira bwo kuryamana n’abandi bantu ku ruhande ku buryo bwumvikanweho, ibizwi nka ‘consensual non-monogamy’.

Nick Cannon kandi yemeza ko abana ababyara ku bushake kubera ko ari umugisha ndetse ngo aracyateganya kubyara abandi ntagihindutse.

Nick Cannon agiye kubyarana umwana wa cyenda na Abby de la Rosa basanzwe bafitanye impanga
Uyu mugabo umaze kugira abana umunani arateganya uwa cyenda mu mezi make ari imbere
Buri mwaka Nick Cannon atanga indezo y'arenga miliyari 2Frw ku bagore babyaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages