00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni ibitangaza! Raphael Benza wabaye ‘Manager’ wa AKA nyuma yo kwitabira ibikorwa byo kwamamaza Kagame

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 July 2024 saa 12:46
Yasuwe :

Raphael Benza wabaye ‘Manager’ w’umuhanzi AKA wubatse izina muri Afurika y’Epfo, amaze iminsi i Kigali ndetse ni umwe mu bihumbi by’abitabiriye igikorwa cyo kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame i Gicumbi.

Uyu mugabo yifashishije imbuga nkoranyambaga aho yavuze ko yatunguwe n’uburyo Abanyarwanda bamushyigikiye.

Ati “Nagiriye ibihe byiza i Gicumbi mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu. Nabonye ibintu byiza by’ibitangaza! Abaturage benshi bakomeye, bashyigikiye ndetse bakunda Igihugu cyabo."

Benza umaze iminsi i Kigali yatumiwe na Sosiyete ya ‘African in Colors’ mu kiganiro yagombaga kugirana n’abanyamuziki batandukanye bo mu Rwanda.

Ni ikiganiro cyabereye muri Camp Kigali ku mugoroba wo ku wa 10 Nyakanga 2024, aho yahuriye n’abanyamuziki bo mu Rwanda batandukanye.

Raoul Rugamba uyobora ‘African in Colors’ yabwiye IGIHE ko batumiye uyu mugabo mu rweo rwo kugira ngo aganirize abanyamuziki bo mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho kubaka umubano mwiza no kungurana ubumenyi.

Uyu mugabo ufite izina rikomeye ni we washinze inzu ifasha abahanzi yitwa ’VTH Season’ yamenyekanye nk’iyafashaga AKA, umuraperi wo muri Afurika y’Epfo uherutse kwicwa.

Uretse AKA yafashije, Benza ni nawe uri gufasha JZyNO uri mu bahanzi bagezweho muri Afurika by’umwihariko mu ndirimbo ‘Butta My Bread’.

Amakuru ahari ahamya ko uyu mugabo uri i Kigali ari no gushaka umuhanzi yahuriza mu ndirimbo imwe na JZyNO mu rwego rwo kurushaho gufatanya kuzamura umuziki w’ibihugu byombi.

Raphael Benza wabaye ‘Manager’ wa AKA yari mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Kagame i Gicumbi
Raphael Benza wabaye ‘Manager’ wa AKA yari kumwe na Emile Nizeye usanzwe ari Umuyobozi wa Park Inn by Radisson Kigali
Raphael Benza yafatanye ifoto na Mukarwego Alphonsine watanze ubuhamya bw'uko yiteje imbere i Gicumbi
Raphael Benza yabaye ‘Manager’ wa AKA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .