Ibi uyu muhanzi yabibwiye IGIHE nyuma y’uko hashize umwanya havugwa amakuru y’uko yitabye Imana.
Ati “Abo ni aba ‘Contre Succès’ nabonye ari ibintu byaturutse i Burundi, abantu benshi bari kumpamagara kuva i Burayi, muri Amerika n’ahandi henshi ariko sibyo. Ndiho kandi turi kuvugana, wenda ni abifuza ko naba ntariho ariko si bo Mana.”
Nyuma y’imyaka icyenda atagera mu Rwanda, Dr Claude yongeye kuhataha mu 2024 avuye i Burundi ahamya ko yemerewe gutura aho ari ho hose muri ibyo bihugu kuko byose abifitiye ibyangombwa.
Ubwo yari akigera mu Rwanda, Dr Claude yavuze ko Abanyarwanda badakwiye kujya bamwakira nk’umunyamahanga kuko na we ari Umunyarwanda unafite ibyangombwa.
Ati “Njye ndi Umunyarwanda ufite n’indangamuntu nkaba Umurundi ufite ibyangombwa.”
Dr Claude wari ufite ibyangombwa by’u Rwanda n’iby’u Burundi, yavuze ko bamwitiranya kuko avuka kuri se w’Umunyarwanda ndetse na nyina w’Umurundikazi bityo abatabizi bakamwambura ubwenegihugu bumwe.
Uyu muhanzi yamamaye mu ndirimbo nka ‘Baramujyanye’, ‘Igikara’, ‘Succès’ n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!