00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nelly Wilson Misago yanyuzwe no gushyirwa mu banyamuryango ba ‘IATAS’ itegura ‘Emmy Awards’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 September 2026 saa 11:12
Yasuwe :

Nelly Wilson Misago, umwe mu bamaze igihe bagira uruhare mu iterambere rya sinema mu Rwanda, yishimiye gushyirwa mu banyamuryango ba International Academy of Television Arts & Sciences, umuryango mpuzamahanga utegura ibihembo bya ‘Emmy Awards’.

’International Academy of Television Arts & Sciences’ yashinzwe mu 1969, ikaba ari umuryango udaharanira inyungu ufite icyicaro i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu muryango uhuza abayobozi n’inzobere mu itangazamakuru na televiziyo barenga 900, baturuka mu bihugu birenga 70.

Nelly Wilson Misago yabwiye IGIHE ko yishimiye kwinjira mu banyamuryango ba International Academy of Television Arts & Sciences ati “Ni ishema kuri njye nk’umwe mu bakora sinema by’umwihariko iz’uruhererekane zica kuri televiziyo, ni irindi jwi u Rwanda rwungutse ku ruhando mpuzamahanga muri sinema.”

Nelly Wilson Misago azwi cyane nk’Umuyobozi Mukuru wa Zacu Entertainment, ndetse akaba ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu kuzamura umusaruro wa sinema nyarwanda.

Mu bikorwa bye harimo gukora no gutunganya ibiganiro n’uruhererekane nka Inshuti, Seburikoko, City Maid, Indoto na Ejo Si Kera. Yagize kandi uruhare mu ishingwa rya Zacu TV, urubuga rwari rugamije gukwirakwiza filime n’uruhererekane nyarwanda.

Amategeko ya ’International Academy of Television Arts & Sciences’ avuga ko umuntu wifuza kuba umunyamuryango agomba kuba akora ku rwego rw’ubuyobozi bukuru bw’ikigo gifitanye isano na televiziyo cyangwa sinema, ndetse akaba amaze nibura imyaka ibiri muri urwo ruganda.

Uwasabye kuba umunyamuryango agomba kuba yatanzweho ubusabe cyangwa agashyigikirwa n’umwe mu basanganywe ubunyamuryango.

Nyuma yo kuzuza ibisabwa, dosiye y’uwasabye isuzumwa n’akanama kabishinzwe, mbere y’uko umukandida yemezwa n’Inama y’Ubuyobozi. Umunyamuryango mushya asabwa kandi kwishyura amadolari 1,000, arenga miliyoni 1,4 Frw, nk’umusanzu ngarukamwaka.

Abanyamuryango batumirwa mu nama, ibiganiro n’ibindi bikorwa mpuzamahanga bya Academy, aho bahura n’abayobozi b’ibigo bikomeye bikora mu bijyanye na televiziyo na sinema ku Isi.

Bashobora kandi kugira amahirwe yo gushyirwa mu kanama nkemurampaka kagena abahatanira n’abegukana ibihembo muri ‘Emmy Awards’, ndetse bakanahabwa imyanya y’icyubahiro mu birori byo gutanga ibihembo.

Nelly Wilson Misago yashyizwe mu banyamuryango ba ‘International Academy of Television Arts & Sciences’ itegura ibihembo bya ‘Emmy Awards’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages