00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nel Ngabo na Kivumbi King basusurukije abatuye muri Repubulika ya muri Tchèque

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 August 2026 saa 12:23
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 15 Kanama 2026, Nel Ngabo ari kumwe na Kivumbi King ndetse n’Umunya-Nigeria C Kay, bataramiye mu iserukiramuco rya ‘AfrOstrava 2026’ ryari rimaze iminsi ribera muri Repubulika ya Tchèque kuva ku wa 14 Kanama 2026.

Muri iki gitaramo, Nel Ngabo yatanze ibyishimo ku bakunzi be mu ndirimbo zirimo ‘Muzadukumbura’, ‘Nywe’ na ‘Zoli’, n’izindi nyinshi yaririmbye, mbere y’uko Kivumbi na we ajya ku rubyiniro akaririmba indirimbo zirimo ‘Wait’, ‘Mama’, ‘Keza’, ‘Ituze’, ‘Yarampaye’ n’izindi zinyuranye.

Mbere yo kuva ku rubyiniro, Kivumbi King yongeye guhamagara Nel Ngabo, baririmbana indirimbo ‘Slim Daddy’ bahuriyemo na DJ Toxxyk.

Nyuma yo kuva ku rubyiniro, aba bahanzi babanje guhura na CKay, bagirana ikiganiro kigufi na we, mbere y’uko ajya ku rubyiniro.

Ni igitaramo aba bahanzi bakoze nyuma yo kwakirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Tchèque. Mu bitabiriye iki gitaramo harimo Abanyarwanda basanzwe batuye muri iki gihugu.

Nyuma y’iki gitaramo, aba bahanzi bagomba guhita bataha i Kigali. Mbere yaho bazabanza gutembera mu Burayi, nk’uko Nel Ngabo yabyemereye IGIHE mbere yo guhaguruka mu Rwanda.

‘AfrOstrava’ ni iserukiramuco risanzwe rihuriza hamwe abakunzi b’umuziki nyafurika baba muri Repubulika ya Tchèque no mu bindi bihugu by’u Burayi.

Uretse ibitaramo by’umuziki, iri serukiramuco rigizwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kumurika umuco nyafurika, imbyino, ibiribwa gakondo n’ibindi.

Nel Ngabo ni uku yaserutse muri Tchèque
Nel Ngabo yatanze ibyishimo mu ndirimbo ze zakunzwe n'abatari bake
Nel Ngabo yarabutswe idarapo ry'u Rwanda mu bafana ajya kurifata araririmbana
Kivumbi King nawe ni uku yahingutse imbere y'abafana bari bitabiriye iki gitaramo
Kivumbi King yageze aho ahamagara Nel Ngabo baririmbana indirimbo 'Slim daddy'
Nyuma yo gufatana ifoto na CKay, Nel Ngabo na Kivumbi King baganiriye nawe mbere yuko ajya ku rubyiniro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages