00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nel Ngabo na Kivumbi King bagiye gutaramira muri Repubulika ya Tchèque

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 July 2026 saa 05:54
Yasuwe :

Abahanzi babiri b’Abanyarwanda, Nel Ngabo na Kivumbi King, bagiye guhurira na CKay wo muri Nigeria mu iserukiramuco rya AfrOstrava 2026 rizabera mu Mujyi wa Ostrava muri Repubulika ya Tchèque.

Ni iserukiramuco riteganyijwe kuba ku wa 14-15 Kanama 2026, rikaba rihuza umuziki, umuco n’imbyino byo ku Mugabane wa Afurika n’ibindi bice by’Isi.

Abategura iri serukiramuco bemeje ko Nel Ngabo, Kivumbi King na CKay bari mu bahanzi bazasusurutsa abazaryitabira.

Ni ubwa mbere aba bahanzi babiri b’Abanyarwanda bazaba bataramira muri iki gihugu. CKay yamamaye mu ndirimbo zirimo Love Nwantiti, Emiliana na Mmadu, zakunzwe cyane ku rwego mpuzamahanga.

Nel Ngabo azaba yitabira iki gitaramo ari na ko ategerejwe muri Friends of Amstel azahuriramo n’abarimo Diamond, Ish Kevin, Bruce Melodie n’abandi banyuranye.

Ku rundi ruhande Kivumbi King na we azaba yitabira iki gitaramo nyuma yo kurangiza ibya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ amaze iminsi azengurukana n’abandi bahanzi banyuranye.

AfrOstrava ni iserukiramuco risanzwe rihuriza hamwe abakunzi b’umuziki nyafurika baba muri Repubulika ya Czech no mu bindi bihugu by’i Burayi.

Uretse ibitaramo by’umuziki, iba igizwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kumurika umuco nyafurika, imbyino n’ibiribwa gakondo n’ibindi.

Nel Ngabo, Kivumbi King na CKay bagiye guhurira mu iserukiramuco 'AfrOstrava' muri Repubulika ya Czech

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages