Ku mugoroba wo ku wa 27 Mata 2023 nibwo umuryango wa Ndanda usigaye uba mu Bwongereza wishimiraga ko bibarutse umwana wabo w’imfura, akaba ubuheture bw’uyu mugabo.
Mu kiganiro yahaye IGIHE, Ndanda yagize ati “Nibyo twibarutse umwana w’umuhungu, ni ibyishimo mu muryango wacu!”
Ku wa 8 Nyakanga 2021 nibwo Ndanda yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Grace.
Mu Ukuboza 2021 yari yerekeje mu Bwongereza, icyo gihe yavugaga ko asanze umugore we mu rwego rwo gusangira iminsi mikuru no kurangiza umwaka bari kumwe, nubwo nyuma yaje kugumayo.
Uyu musore yasezeranye nyuma y’igihe gito atangaje ko yahagaritse ibyo gukina umupira w’amaguru.
Nizeyimana Alphonse Ndanda yasezeye umupira nyuma yo kunyura mu makipe akomeye nka Rayon Sports, Mukura VS, AS Kigali n’andi.
Mu minsi ishize ni bwo hatangiye kwamamazwa Filime ‘Intandaro y’Ikibi’ yakinnyemo, icyakora avuga ko atari ibintu agiye kugira umwuga ahubwo yayikinnyemo ashyigikira inshuti ye.
Anita na Ndanda batangiye kuvugwa mu rukundo mu 2016 ndetse uwo mwaka bibaruka umuhungu w’imfura witwa Tiran.
Mu Ukwakira 2018 nibwo yabyaye umuhungu wa kabiri, ariko nyuma y’ibyumweru bibiri Ndanda ahishura ko urugo rwabo rwasenyutse.
Muri bose nta wavuze icyo bapfuye, gusa mu magambo uyu mugabo yashyize kuri Instagram yashimangiraga ko azakomeza kwita ku bana be.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!