00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndacyareba ibyo ari byo- Miss Umukundwa Cadette ku rukundo rwe n’umusore ukomoka muri Iraq

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 September 2026 saa 12:45
Yasuwe :

Umukundwa Clémence wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Miss Cadette, akaba umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2019, yahishuye ko agifata ku kigero cya 50% umubano w’urukundo afitanye n’umusore ukomoka muri Iraq witwa Ibrahim Mushtaq, kuko ataramwambika impeta.

Nubwo Miss Cadette atigeze ahakana iby’urukundo rwe n’uyu musore, yavuze ko agifite ibyo akirebaho mbere yo gufata uyu mubano nk’uwamaze kugera ku rwego rukomeye.

Miss Cadette, uzwi kandi nka Big C, yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro na IGIHE mbere yo kwitabira igitaramo cya Rema cyabereye muri BK Arena mu ijoro ryo ku wa 5 Nzeri 2026.

Ubwo yabazwaga ku bijyanye n’umukunzi we, Miss Cadette yagize ati “Ndacyareba ibyo aribyo, atarashyiraho impeta biba bikiri 50%. Ntabwo ndi mu rugendo rwo gushakisha umukunzi, ariko iyo umuntu atarakwambika impeta mba numva iyo ngingo itakabaye iganirwaho cyane, kuko biba bitarashyirwaho akadomo.”

Abajijwe niba mu biganiro agirana n’umukunzi we aba yumva ubukwe bushobora kuba buri hafi, Miss Cadette yagize ati “Igihe cyose byazira nabyakira!”

Kuva mu 2025, Miss Cadette yakunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe na Ibrahim Mushtaq, bagirana ibihe byiza, ibintu byatumye benshi bakeka ko bari mu munyenga w’urukundo.

Uyu musore na we yigeze kubwira IGIHE ko afitanye umubano wihariye na Miss Cadette.

Ibrahim Mushtaq ukomoka muri Iraq, atuye mu Mujyi wa Kigali aho akora ibijyanye no gufata no gutunganya amashusho, akaba akorana n’ibigo bitandukanye.

Miss Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette cyangwa Big C amaze iminsi mu rukundo n’umusore witwa Ibrahim Mushtaq ukomoka muri Iraq
Miss Cadette yavuze ko igihe cyose umukunzi we yamwambikira impeta yabyakira ariko igihe atarayimwambika asanga ari 50% ku bijyanye n'urukundo rwabo
Miss Cadette yavuze ko bigoye kwemeza iby'urukundo rwe n'umukunzi we kuko ataramwambika impeta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages