Ibi uyu muyobozi yabikomojeho ubwo yari yitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy yari yatumiwemo kuganiriza urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa 7 Gicurasi 2026.
Aha yasubizaga ikibazo cy’uwari umubajije uko yakiriye kuba King James yarakoze amateka nk’umuhanzi wujuje bwa mbere BK Arena mu gihe cy’iminsi itatu.
Minisitiri Uwinganye yabanje gukomoza ku buryo nawe amatike yamushiriyeho, ati “Narabimenye, ikintu cyatumye mbimenya ni uko njyewe n’umugore wanjye twateguye kugura amatike tukibibona akibyamamaza, tukibaza amatariki mbona banditse ngo ‘sold out’, ngira ngo ni bya bindi muri iki gihe abahanzi bakora kugira ngo batwike kugira ngo abantu baze."
Aha niho Minisitiri Uwihanganye yahereye asaba King James kureba uko yashyiraho n’umunsi wa kabiri ndetse byaba na ngombwa akaba yakora uwa gatatu, mbere y’uko mu gihe kizaza yatekereza kuzakorera muri Stade Amahoro.
Ati “King James nashyireho n’umunsi wa kabiri wenda ashyireho n’uwa gatatu, buriya ubutaha njye umbajije icyo nifuza kuzabona mu bahanzi nyarwanda, iriya Stade Amahoro twubatse ituvuna, turashaka umuhanzi umwe w’Umunyarwanda uyuzuza wenyine tuzamushyigikira.”
Minisitiri Uwihanganye kandi yatunguriwe muri iki gitaramo na Bull Dogg asanzwe afana waje yiyicarira inyuma mu bafana, bityo igihe yari atangiye kuganiriza urubyiruko uyu muraperi ahita amusanga ku rubyiniro.
Nk’umuyobozi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye yanaboneyeho kwibutsa urubyiruko kwitwara nk’ururi mu bihe bidasanzwe cyane ko ari byo Isi yose irimo kubera intambara zinyuranye zikomeje kuyugariza.
Yijeje abitabiriye iki gitaramo ko nubwo bakwiye kugerageza kwitwararika mu ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli, ariko nka Leta y’u Rwanda bari gukora ibishoboka byose ngo n’iyo byahenda ariko ntibizigere bibura.
Iki gitaramo cyari cyatumiwemo abarimo DJ Brianne na Tesha, Ruti Joel, Rusine ndetse n’abanyarwenya bo muri Gen-Z Comedy nka Pirate, Muhindee, Rumi, Inkirigito Clement n’abandi benshi batanze ibyishimo ku babyitabiriye.
Amafoto: Fidel Nzayisingiza



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!