00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Natekereje no kureka umuziki! Imbamutima za Confy wafashwe n’indwara y’Ibibara

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 October 2023 saa 06:50
Yasuwe :

Umuhanzi Confy yahishuye ko amaze umwaka urenga arwana no kwakira uburwayi bw’Ibibara (Vitiligo) bwafashe mu isura ye bukamutera ihungabana ryari rigiye gutuma areka umuziki.

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko kuva muri Gicurasi 2022 yatangiye kubona ibimenyetso by’iyi ndwara icyakora itarakura.

Nyuma y’uko ubu burwayi bukuze Confy avuga ko yagize ihungabana ryanatumye adakora umuziki.

Ati “Njye nagize ikibazo cyatumaga ntagaragara, ngira ngo mwarabibonaga ko ntari ngisohora indirimbo nyinshi, yewe n’izo nakoraga ntabwo nazimenyekanishaga kuko natinyaga kujya mu itangazamakuru kubera uburwayi bwanjye.”

Yavuze ko yagerageje kwivuza ubu burwayi icyakora aza gusanga budakira, atangira atyo urugendo rwo kwiyakira nk’umurwayi, yiyemeza gushyira imbaraga mu muziki we cyane ko yari amaze igihe bwaramudindije.

Confy avuga ko nyuma yo kwiyakira yatangiye n’urugendo rwo kuganiriza n’abandi bafite uburwayi nk’ubwe cyane ko butera kwiheba nk’uko hari bamwe bamaze kubimugaragariza.

Vitiligo cyangwa se Ibibara ni indwara ikunze kwibasira igice runaka cyo ku mubiri w’umuntu, ikarangwa n’amabara aza ku ruhu, akaba yanakwira umubiri wose.

Confy yavuze ko ubu burwayi bwe yabanye nabwo mu gihe cy'umwaka wose yarananiwe kwiyakira
Confy yavuze ko yiteguye kubana n'ubu burwayi akareka kwihisha itangazamakuru nk'uko yabigenzaga
Confy yavuze ko yiteguye gukangurira abahuye n'ubu burwayi kutiheba ngo bitakarize icyizere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages