Ibi Burikantu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yahamije ko nubwo yari yarahawe akazi ko kwamamaza izi nzoga.
Ati “Njye ntabwo mbeshya, nkora ubucuruzi. Igihe cyose byabyara amafaranga, njyamo. Mu by’ukuri, njye sinywa inzoga. Ndetse no kwica umuntu cyangwa kwibona mara iminota itanu, icumi ntazi ibyo ndimo kubera inzoga, ndabitinya. Ubundi kugeza aho bakabaye bazifunga.”
Burikantu ukundirwa uburyo we na mugenzi we, Buringuni basetsa, yavuze ko nubwo adakunda inzoga mu buzima busanzwe yazamamazaga kubera amafaranga. Yari abizi neza ko nta cyiza cyazo ku buzima bw’abazinywa.
Ati “Uretse no kwibona nataye ubwenge kubera inzoga, no kubona umuntu uri mu bihe nk’ibyo ntabwo mbikunda rwose. Njye nazamamazaga kubera amafaranga, ariko mbizi ko ndi kwica abantu. None se iyo ndi kugucuruza ibintu ntanywa [...] abazi iby’ubuzima barabizi ko nta nzoga nziza ibaho.”
Burikantu kandi akangurira urubyiruko kubaho ubuzima buzira ibisindisha.
Uyu musore agarutse kuri ibi mu gihe Leta y’u Rwanda imaze iminsi ikora ubukangurambaga bwo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge, izo benshi bita ‘Ibyuma’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!