00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

N’ubukwe ni vuba- Papa Cyangwe wambitse impeta umugore we

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 May 2026 saa 04:34
Yasuwe :

Umuraperi Abijuru King Lewis wamamaye nka Papa Cyangwe mu muziki w’u Rwanda, yambitse impeta umugore we, Christa Tete ahita ateguza ubukwe bwabo muri uyu mwaka wa 2026.

Ibi uyu muraperi yabigarutseho nyuma yo kwambika impeta umugore we yasabye ko bazabana akaramata.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Papa Cyangwe yavuze ko yishimiye intambwe bateye, ndetse avuga ko nubwo atahamya ko ubukwe bwabo buri ejo cyangwa ejo bundi ariko buzaba vuba.

Ati “Intambwe twateye yo irashimishije, ariko ku rundi ruhande nubwo ntavuga ngo ubukwe ni ejo cyangwa ejo bundi gusa buri vuba kuko ntabwo nibaza ko bwarenza uyu mwaka butabaye.”

Mu Ukwakira 2025 nibwo Papa Cyangwe yagaragaje umugore we bamaze igihe babana ndetse n’imfura yabo, kuva icyo gihe imitoma ikomeza guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga hagati yabo.

Ku rundi ruhande, Papa Cyangwe ari kwitegura gusohora album ye ya gatatu izaba ikurikira iyitwa ‘Now or Never’ yasohoye umwaka ushize.

Papa Cyangwe yamenyekanye mu ndirimbo zirimo "Mama Cyangwe", "Ngaho", "Nzoze", "Sana", "Bambe", "Kunsutsu", "Sitaki", "We sha", "Wajyaga he", "Yale Yale", "Nyonga" n’izindi.

Papa Cyangwe yamaze kwambika impeta umugore we
Ibyishimo byari byose kuri Papa Cyangwe n'umugore we
Papa Cyangwe yahise yemeza ko uyu mwaka wa 2026 usiga akoze ubukwe
Papa Cyangwe n'umugore we basanzwe babana ndetse banafitanye umwana umwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages